IMIKINO

Basketball: Ikipe y’igihugu y’Abagore yatangiye itsinda mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball y’abagore yatsinze ikipe ya Lebanon amanota 80-62 mu majonjora yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi umukino wabereye muri BK Arena.

Advertisements

Ni umukino wafunguraga irushanwa aho abayobozi barimo Perezida wa FIBA, Anibal Manave na Minisitiri mushya wa Siporo Nyirishema Richard ari bo barifunguye ku mugaragaro.

U Rwanda rwatangiye neza umukino bamwe mu bakinnyi bagenda bitwara neza barimo Murekatete Bella na Hampton Keisha. Agace ka mbere karangiye ari amanota 24-17 ya Lebanon.

Mu gace ka kabiri Lebanon yagerageje kongera amanota ifashwa na Rebecca Akl, bakuramo ikinyuranyo cyose amakipe yombi anganya 31-31.

Igice cya mbere cyarangiye u Rwanda ruyoboye umukino na manota 45-36 ya Lebanon. U Rwanda rwakomerejeho no mu gace ka gatatu, Murekatete na Hampton batsinda cyane bityo ikinyuranyo kigera mu manota 15 (54-39).

Umukino warangiye u Rwanda rwatsinze Liban amanota 80-62 rutangira neza iri rushanwa.

Umukino wa kabiri u Rwanda ruzakina na Argentine ku wa Gatatu, tariki 21 Kanama 2024 saa Mbiri muri BK Arena.

Bella Murekatete watsinze amanota menshi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago