Myugariro w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ wahoze akinira Rayon Sports Mitima Isaac yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri Al-Zulfi SFC yo mu cyiciro cya Kabiri muri Arabia Saoudite.
Mitima Issac kuri ubu ari kubarizwa mu gihugu cya Uganda aho yagiye gushaka ibyangombwa birimo na Visa.
Uyu myugariro yemeje ko yasinye umwaka umwe muri iyi kipe yazamutse mu Cyiciro cya Kabiri mu mwaka ushize.
Al-Zulfi SFC yazamutse mu Cyiciro cya Kabiri umwaka ushize.
Ni imwe mu makipe amaze igihe kuko yashinzwe mu 1969 yitwa Markh Club nyuma iza guhindurirwa izina mu 2006 ikaba Al-Zulfi.
Iyi shampiyona ikinwa n’amakipe 18, abiri ya mbere azamuka mu Cyiciro cya Mbere kizwi nka Saudi Pro League gikinamo Cristiano Ronaldo, mu gihe ikipe ya gatatu inyura mu Mikino ya Kamarampaka ikinwa n’amakipe yabaye iya gatatu kugeza ku ya gatandatu.
Mitima warumaze imyaka itatu muri Rayon Sports yazamukiye mu Intare FC yakiniye Police fc ndetse na Sofapaka fc yo muri Kenya.
Shampiyona y’iciciro cyakabir muri Arabie Saoudite yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 19 Kanama 2024.
Ikipe ya Al-Zulfi izakina umukino wayo wa mbere kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kanam 2024 .
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…