IMIKINO

Myugariro Mitima Isaac yasinyiye ikipe yo muri Arabia Saoudite

Myugariro w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ wahoze akinira Rayon Sports Mitima Isaac yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri Al-Zulfi SFC yo mu cyiciro cya Kabiri muri Arabia Saoudite.

Mitima Issac kuri ubu ari kubarizwa mu gihugu cya Uganda aho yagiye gushaka ibyangombwa birimo na Visa.

Uyu myugariro yemeje ko yasinye umwaka umwe muri iyi kipe yazamutse mu Cyiciro cya Kabiri mu mwaka ushize.

Al-Zulfi SFC yazamutse mu Cyiciro cya Kabiri umwaka ushize.

Ni imwe mu makipe amaze igihe kuko yashinzwe mu 1969 yitwa Markh Club nyuma iza guhindurirwa izina mu 2006 ikaba Al-Zulfi.

Iyi shampiyona ikinwa n’amakipe 18, abiri ya mbere azamuka mu Cyiciro cya Mbere kizwi nka Saudi Pro League gikinamo Cristiano Ronaldo, mu gihe ikipe ya gatatu inyura mu Mikino ya Kamarampaka ikinwa n’amakipe yabaye iya gatatu kugeza ku ya gatandatu.

Mitima warumaze imyaka itatu muri Rayon Sports yazamukiye mu Intare FC yakiniye Police fc ndetse na Sofapaka fc yo muri Kenya.

Shampiyona y’iciciro cyakabir muri Arabie Saoudite yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 19 Kanama 2024.

Ikipe ya Al-Zulfi izakina umukino wayo wa mbere kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kanam 2024 .

Christian

Recent Posts

APR FC yananiwe gukandagiza ikirenge mu matsinda ya CAF Champions League, isubirwa na Pyramids Fc

Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…

20 mins ago

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…

1 hour ago

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…

3 hours ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 day ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago