RWANDA

Umukinnyi wa filime Nyarwanda Pascaline waherukaga gupfusha umwana yibarutse umwana w’umuhungu

Ingabire Pascaline wamamaye nka Samantha cyangwa Teta muri Sinema Nyarwanda, ari mu byishimo byo kwibaruka umwana w’umuhungu, yasobanuye nk’umugisha ndetse n’umunezero udasanzwe yahawe na Rurema.

Uyu mudamu yinjiye muri Sinema Nyarwanda mu 2015 yibarutse umwana w’umuhungu. Ni umwana wa kabiri abyaranye n’umugabo we Kamanzi Felix bamaranye imyaka itanu, mu gihe undi bari bibarutse w’imfura yabo yitabye Imana muri Mata 2021.

Mu butumwa yatanze agaragaza ibyishimo atewe no kwibaruka, Ingabire yagize ati: “Turishimye kandi twahawe umugisha w’umwana mwiza w’umuhungu. Urakoze Mana ku bwo kuzana umunezero nk’uyu mu buzima bwacu.”

Muri Mata 2021 ubwo uyu muryango wapfushaga imfura, yari umwana wa kabiri wa Ingabire kuko asanganywe undi yashatse afite. Uwo witabye Imana yari yahawe amazina ya Saro Thea Maella, yitabye Imana amaze amasaha 14 avutse.

Ingabire Pascaline yatangiye ibyo gutunganya no kuyobora filime mu 2021 ahera kuri filime y’uruhererekane yise “Inzozi Series” ica kuri Youtube.

Urugendo rwo gukina filime rwa Ingabire Pascaline ruhera muri filime “Igikomere” yakinnyemo asimbura mugenzi we bari bajyanye utarabashije kumvikana n’abakinishaga iyi filime.

Ni filime yatumye yumva ko yatangiye gukabya inzozi ndetse agira n’icyireze cy’uko azakina no mu zikomeye agahabwa n’umwanya munini.

Iyi filime kandi yatumye abo mu muryango n’inshuti ze bamubwira ko noneho yinjiye mu byo yaharaniye kuva cyera.

Yakinnye kandi muri filime “Urwishigishiye” nk’umukinnyi w’imena, akina muri filime yitwa “Angel”, “Mika” n’izindi kugeza kuri filime yitiriwe “Samantha” yatumye agira ijambo rikomeye.

Iyi filime yamusigiye ikintu kinini “Kuko yampaye izina n’uyu munsi nkitirirwa bituma ubushobozi bwo gukina muri filime bwiyongera”.

Ingabire Pascaline ni umugore wa Kamanzi Felix barushinze ku wa 29 Ukuboza 2019 usanzwe ari umwanditsi ukomeye wa filime n’Ikinamico.

Kamanzi ni we wanditse anatuganya ikinamico “Isano”. Niwe wa mbere wakoze filime z’Ubumwe n’Ubwiyunge.

Ni umugabo ufite inkuru nyinshi yanditse za filime yahaye umugore we ngo azibyaze umusaruro kuko we adakunze kubona umwanya bitewe n’akazi akora.

Christian

Recent Posts

APR FC yananiwe gukandagiza ikirenge mu matsinda ya CAF Champions League, isubirwa na Pyramids Fc

Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…

5 hours ago

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…

5 hours ago

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…

7 hours ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 day ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago