IMIKINO

CAF CL: APR FC yatanze ubwasisi kugira ngo umufana azaze kuyishyigikira mu gusezerera Azam Fc kuri Stade Amahoro

Ikipe ya APR Fc yitegura gukina umukino wo kwishyura wa champions league n’ikipe ya Azam Fc yo muri Tanzania yashyize hanze ibiciro byo kuri uwo mukino.

Ni umukino wo kwishyura uteganyijwe kubera kuri sitade Amahoro yavuguruwe yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza.

Uyu mukino uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Kanama 2024, guhera ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa (15h00).

Umukino wa mbere wahuje aya makipe yombi yarangiye ikipe ya Azam Fc itsinze APR Fc igitego 1-0, ni igitego cyatsinzwe kuri penaliti.

Ikipe ya APR Fc yashyize hanze ibiciro by’uyu mukino uzaba utoroshye ku mpande zombi. Aho itike y’amake (hejuru) yashyizwe ku mafaranga igihumbi (1000Frw), naho munsi igashyirwa ku mafaranga ibihumbi bibiri (2000Frw), VIP (10000 Frw), VVIP ishyirwa ku mafaranga ibihumbi 30, (30000 Frw) Imyanya y’abayobozi ihagaze (300000 Frw) naho iyisumbuyeho yashyizwe ku bihumbi 900 Frw.

Ni uburyo bukoreshwa ugura itike yawe ukanze *939# ugakurikiza amabwiriza.

Ikipe ya APR Fc yiteguye gutanga ibyo ifite byose igasezerera Azam Fc muri iy’imikino Nyafurika ndetse igashimisha n’abakunzi bayo by’umwihariko dore idaheruka n’intsinzi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

7 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago