IMIKINO

CAF CL: APR FC yatanze ubwasisi kugira ngo umufana azaze kuyishyigikira mu gusezerera Azam Fc kuri Stade Amahoro

Ikipe ya APR Fc yitegura gukina umukino wo kwishyura wa champions league n’ikipe ya Azam Fc yo muri Tanzania yashyize hanze ibiciro byo kuri uwo mukino.

Advertisements

Ni umukino wo kwishyura uteganyijwe kubera kuri sitade Amahoro yavuguruwe yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza.

Uyu mukino uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Kanama 2024, guhera ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa (15h00).

Umukino wa mbere wahuje aya makipe yombi yarangiye ikipe ya Azam Fc itsinze APR Fc igitego 1-0, ni igitego cyatsinzwe kuri penaliti.

Ikipe ya APR Fc yashyize hanze ibiciro by’uyu mukino uzaba utoroshye ku mpande zombi. Aho itike y’amake (hejuru) yashyizwe ku mafaranga igihumbi (1000Frw), naho munsi igashyirwa ku mafaranga ibihumbi bibiri (2000Frw), VIP (10000 Frw), VVIP ishyirwa ku mafaranga ibihumbi 30, (30000 Frw) Imyanya y’abayobozi ihagaze (300000 Frw) naho iyisumbuyeho yashyizwe ku bihumbi 900 Frw.

Ni uburyo bukoreshwa ugura itike yawe ukanze *939# ugakurikiza amabwiriza.

Ikipe ya APR Fc yiteguye gutanga ibyo ifite byose igasezerera Azam Fc muri iy’imikino Nyafurika ndetse igashimisha n’abakunzi bayo by’umwihariko dore idaheruka n’intsinzi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago