IMIKINO

CAF CL: APR FC yatanze ubwasisi kugira ngo umufana azaze kuyishyigikira mu gusezerera Azam Fc kuri Stade Amahoro

Ikipe ya APR Fc yitegura gukina umukino wo kwishyura wa champions league n’ikipe ya Azam Fc yo muri Tanzania yashyize hanze ibiciro byo kuri uwo mukino.

Ni umukino wo kwishyura uteganyijwe kubera kuri sitade Amahoro yavuguruwe yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza.

Uyu mukino uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Kanama 2024, guhera ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa (15h00).

Umukino wa mbere wahuje aya makipe yombi yarangiye ikipe ya Azam Fc itsinze APR Fc igitego 1-0, ni igitego cyatsinzwe kuri penaliti.

Ikipe ya APR Fc yashyize hanze ibiciro by’uyu mukino uzaba utoroshye ku mpande zombi. Aho itike y’amake (hejuru) yashyizwe ku mafaranga igihumbi (1000Frw), naho munsi igashyirwa ku mafaranga ibihumbi bibiri (2000Frw), VIP (10000 Frw), VVIP ishyirwa ku mafaranga ibihumbi 30, (30000 Frw) Imyanya y’abayobozi ihagaze (300000 Frw) naho iyisumbuyeho yashyizwe ku bihumbi 900 Frw.

Ni uburyo bukoreshwa ugura itike yawe ukanze *939# ugakurikiza amabwiriza.

Ikipe ya APR Fc yiteguye gutanga ibyo ifite byose igasezerera Azam Fc muri iy’imikino Nyafurika ndetse igashimisha n’abakunzi bayo by’umwihariko dore idaheruka n’intsinzi.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 hour ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

2 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

3 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

3 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

24 hours ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago