IMIKINO

Foden yabaye umukinnyi w’umwaka muri Premier League

Mu bihembo bitangwa n’Ishyirahamwe ry’Abakinnyi (Professional Footballers’ Association) ku bakinnyi bahize abandi muri shampiyona y’Ubwongereza byasize Phil Foden wa Manchester City ariwe wegukanye icyo gihembo.

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 20 kanama 2024, ni bwo abakinnyi bahize abandi muri Premier League ya 2023/24 bashyikirijwe ibihembo byabo. 

Phil Foden wa Manchester City yabaye umukinnyi w’umwaka mu gihe Cole Palmer yabaye uwatwaye igihembo cy’umukinnyi muto mu bihembo bitangwa na (Professional Football Association), Ibitego 19 mu mikino 35 Phil Foden yakinnye nibyo byamufashije kwegukana igihembo muri Shampiyona ya 2023-24 yatwawe na Manchester City.

Foden yahigitse Erling Haaland na Rodri bakinana, Palmer, Martin Ødegaard na Ollie Watkins wa Aston Villa.

Nyuma yo kwegukana igihembo, Foden yavuze ko ari iby’agaciro gutorwa na bagenzi be. Ati: “Kwegukana iki gihembo ni ibintu byiza nishimira cyane. Guhabwa agaciro n’abakinnyi bagenzi bawe bisobanuye buri kimwe kandi ndashimira buri umwe wantoye.”

Cole Palmer ukinira Chelsea yahembwe nk’umukinnyi mwiza ukiri muto, nyuma yo gutsinda ibitego 22 mu mikino 34 yakinnye mu mwaka ushize.Uyu mukinnyi w’imyaka 22 yatsinze Bukayo Saka wa Arsenal, Kobie Maino na Alejandro Garnacho ba Manchester United, Michael Olise wahoze muri Crystal Palace na João Pedro wa Brighton & Hove Albion.

Abakinnyi 11 b’Umwaka wa 2023-2024Ba Myugariro: David Raya (Arsenal), William Saliba (Arsenal), Virgil van Dijk (Liverpool), Gabriel Magalhães (Arsenal) na Kyle Walker (Manchester City).Akina HagtiRodri (Manchester City), Declan Rice (Arsenal) na Martin Ødegaard (Arsenal). Ba rutahizamu, Erling Haaland (Manchester City), Phil Foden (Manchester City) na Ollie Watkins (Aston Villa).

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago