IMIKINO

Basketball: Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore yatsinzwe n’ikipe y’igihugu y’Ubwongereza iyiha amahirwe yo gukina ½

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore mu mukino wa Basketball yatsinzwe na Great Britain amanota 75-61 mu mukino wa nyuma wo mu itsinda D, amakipe yombi abona itike ya ½ cy’irangiza.

Advertisements

Uyu mukino wabaye ku wa Kane tariki 22 Kanama 2024 muri BK Arena witabirwa na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

U Rwanda rwatangiye umukino neza, Uwizeye Assouma na Murekatete Bella batsinda amanota menshi.

Agace ka mbere karangiye Great Britain iyoboye umukino n’amanota 16 ku 10 y’u Rwanda.

Mu gace ka kabiri, iyi kipe yakomeje kongera ikinyuranyo kigera mu manota 16.

Igice cya Mbere cyarangiye Great Britain yatsinze u Rwanda amanota 45-23.

Mu gace ka Gatatu, u Rwanda rwakomeje kugorwa cyane ko abo rusanzwe rugenderaho nka Destiney Philoxy na Ineza Sifa byari byabangiye.

Ineza byari byamwangiye

Agace ka gatatu karangiye Great Britain yatsinze amanota 67 kuri 39 y’u Rwanda.

Mu gace ka nyuma, Abongereza bakomeje gukina neza ari na ko bongera amanota.

Mu minota itanu ya nyuma y’umukino u Rwanda rwagurutse mu mukino abakinnyi nka Uwizeye, Sifa, Bella Murekatete na Tetero Odile batangira kugabanya ikinyuranyo kigera mu manota 14.

Umukino warangiye Great Britain itsinze u Rwanda amanota 75-61 mu mukino wa nyuma wo mu itsinda D.

Amakipe yombi yahise abona itike yo gukina 1/2 cy’amajonjora y’ibanze mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.

Mu mikino ya 1/2 izakinwa ku wa Gatandatu, tariki 24 Kanama 2024, u Rwanda rwa kabiri ruzakina na Senegal yabaye iya mbere mu itsinda C, mu gihe Great Britain yabaye iya mbere mu itsinda D izahura na Hongrie yabaye iya kabiri mu itsinda C.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino w’u Rwanda n’Ubwongereza
Perezida Kagame na Madamu bishimiye imikinire y’ikipe y’igihugu y’u Rwanda
U Rwanda n’Ubwongereza bizakina ½ mu ijonjora ry’ibanze mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cy’Abagore

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago