RWANDA

Minisitiri y’Ubutegetsi bw’igihugu yashyize hanze urutonde rw’amadini n’amatorero atemerewe gukorera mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yasohoye urutonde rw’imiryango ishingiye ku myemerere, igomba guhagarikwa kuko itemewe n’ amategeko kandi ikaba ntabuzima gatozi ifite.

Ni nyuma y’igenzurwa ryakozwe na Minisiteri y’ ubutegesi bw’igihugu ifatanyije n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere RGB ku nsengero, bikarangira zimwe zifunzwe burundu izindi zigahabwa igihe ntarengwa cyo kuzuza ibisabwa, izindi ndetse zigasabirwa gusenywa zigakurwaho burundu.

Mu ibaruwa Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Musabyimana Jean Claude, yandikiye abayobozi b’uturere n’abanyamabanga-nshingwabikorwa batwo yavuze ko yanditse abasaba guhagarika imiryango yose iri ku ri uru rutonde n’ibikorwa by’iyo miryango byose, ndetse n’indi miryango yose idafite ubuzima gatozi ni ukuvuga ikora itemewe n’amategeko aho yaba ikorera hirya no hino mu gihugu.

uri uru rutonde ruriho imiryango isaga 40 rubimburiwe n’Abagorozi kwisonga, Minisiteri y’ ubutegesti bw’igihugu ivuga ko bagomba guhagarika ibikorwa byabo burundu, ni nyuma y’igihe gito Umukuru w’igihugu Paul Kagame agaragarije ko hadutse ubutubuzi mu madini aho abantu bitwikira ijambo ry’Imana bagacucura abaturage utwabo.

Inkundura y’ifunga ry’insengero ni ikibazo gikomeje kutavugwaho rumwe n’abatari bake mu Rwanda, haba ku mbugankoranyambaga ndetse no mu bitangazamakuru bitandukanye.

Ni mu gihe bamwe bagaragaza ko amatorero n’amadini ntacyo amariye abanyarwanda kuko hari bamwe babigize ubucuruzi bagasahura abanyarwanda utwabo ari naho umukuru w’igihugu yahereye avuga ko ntakajagari ashaka mu nsengero.

Gusa na none, hari abandi bemeza ko mu gihe icyemezo cyo gukomeza kuzifunga gishyizwe mu bikorwa, hashobora kubaho ingeso mbi zitandukanye. Ikinyuranye n’ibyo Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu uretse gufunga insengero hakaba hafashwe icyemezo cyo guhagarika burundu amadini n’amatorero atagira ubuzima gatozi hakibazwa abantu basengeraga muri ayo madini aho bazerekeza.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

18 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

20 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

20 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago