IMIKINO

Nyuma y’uko Perezida Kagame anenze ibura rya moteri icanira Kigali Pele Stadium, Umujyi wa Kigali wahise wemeza ko yabonetse

Nyuma y’uko Umukuru w’igihugu Nyakubahwa Perezida Paul Kagame anenze ibura rya moteri icanira Kigali Pele Stadium, Umujyi wa Kigali watangaje ko wabonye indi moteri izifashishwa muri iki gihe mugihe bagitegereje iyo batumije.

Ibi nibyatangajwe na Emma-Claudine Ntirenganya umuvugizi w’umujyi wa Kigali mu kiganiro yahaye B&B FM Kigali, yavuze ko bafashe icyemezo cyo gushaka indi Moteri mu gihe iyobatumije itaraboneka.

Yagize ati “Twashatse indi moteri mu gihe moteri nshya itaragera i Kigali ikibazo cya moteri cyakemutse, FERWAFA irabimenyesha abanyamuryango bayo ku buryo bakongera gukinira kuri Kigali Pele Stadium mu masaha y’ijoro.”

Kigali Pele Stadium iri mu gahunda yizizongererwa ubushobozi ku buryo izajya yakira n’imikino ikomeye ku mugabane w’Afurika

Ibi nyamara abivuze nyuma y’uko Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri iki kibazo, abinyujije kurukuta rwa X iyahoze ari Twitter, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Kanama 2024 avuga ko kitagomba kuba ikibazo.

ati “Ibi ni ibintu bitagakwiye kuba byarabayeho na mbere hose.”

Umukino wa Rayon Sports n’Amagaju ndetse n’umukino wa Gasogi United na Marine ni imwe mu mikino yahinduriwe amasaha bitewe nicyo kibazo cy’ibura rya moteri idafite ubushobozi bwo gucana urumuri ruhagije mu masaha y’ijoro.

Ni mu itangazo Umujyi wa Kigali wari wandikiye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA aho yari yabamenyesheje ko nta kipe yemerewe gukina imikino mu ijoro kuko nta moteri ihari yakwatsa amatara.

Kigali Pele Stadium iherereye i Nyamirambo

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

20 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

22 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

22 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

22 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago