Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame yatanze igitekerezo ku rukuta rwa X iyahoze ari Twitter anenga Umujyi wa Kigali uvuga ko moteri isanzwe iri kuri Kigali Pelé Stadium idashobora gutanga urumiri ruhagije muri stade.
Ni nyuma y’uko umujyi wa Kigali utangaje ko nta mikino yemerewe kongera kubera kuri Kigali Pele Stadium mu masaha ya nijoro mugihe kingana n’amezi atatu yose, bitewe n’uko Moteri ihari idashobora gucana amatara yose, byatumye imikino y’umunsi wa Kabiri wa Shampiyona, Rwanda Premier League yari iteganyijwe kubera kuri iki kibuga ihindurirwa amasaha.
Benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga zirimo X batangiye gutanga ibitekerezo banenga Umujyi wa Kigali kumva ko nta moteri ifite ubushobozi bwo gucanira urumuri ruhagije kuri Kigali Pele Stadium.
Abinyujije ku rukuta rwa X (Twitter) ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Kanama 2024, Perezida Kagame yasubije anenga umujyi wa Kigali wanditse uvuga ko icyo kibazo kiri gushakirwa umuti urambye, harimo no kuba haratumijwe Moteri nshya, avuga ko kitagombaga no kuba cyarabaye.
Ati” Ibi ni ibintu bitagakwiye kuba byarabayeho na mbere hose”.
Tariki 22 Kanama nibwo umujyi wa Kagali wandikiye FERWAFA uyimenyesha ko nta mikino yemerewe kubera kuri Kigali Pele mu masaha ya n’ijoro.
Byatumye umukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona wagombaga guhuza Rayon Sports n’Amagaju ku wa 23 Kanama kuri iyi stade saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, uhindurirwa amasaha ushyirwa saa cyenda, z’amanywa.
Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…
Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…
Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…
Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…
Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…