Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame yatanze igitekerezo ku rukuta rwa X iyahoze ari Twitter anenga Umujyi wa Kigali uvuga ko moteri isanzwe iri kuri Kigali Pelé Stadium idashobora gutanga urumiri ruhagije muri stade.
Ni nyuma y’uko umujyi wa Kigali utangaje ko nta mikino yemerewe kongera kubera kuri Kigali Pele Stadium mu masaha ya nijoro mugihe kingana n’amezi atatu yose, bitewe n’uko Moteri ihari idashobora gucana amatara yose, byatumye imikino y’umunsi wa Kabiri wa Shampiyona, Rwanda Premier League yari iteganyijwe kubera kuri iki kibuga ihindurirwa amasaha.
Benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga zirimo X batangiye gutanga ibitekerezo banenga Umujyi wa Kigali kumva ko nta moteri ifite ubushobozi bwo gucanira urumuri ruhagije kuri Kigali Pele Stadium.
Abinyujije ku rukuta rwa X (Twitter) ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Kanama 2024, Perezida Kagame yasubije anenga umujyi wa Kigali wanditse uvuga ko icyo kibazo kiri gushakirwa umuti urambye, harimo no kuba haratumijwe Moteri nshya, avuga ko kitagombaga no kuba cyarabaye.
Ati” Ibi ni ibintu bitagakwiye kuba byarabayeho na mbere hose”.
Tariki 22 Kanama nibwo umujyi wa Kagali wandikiye FERWAFA uyimenyesha ko nta mikino yemerewe kubera kuri Kigali Pele mu masaha ya n’ijoro.
Byatumye umukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona wagombaga guhuza Rayon Sports n’Amagaju ku wa 23 Kanama kuri iyi stade saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, uhindurirwa amasaha ushyirwa saa cyenda, z’amanywa.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…