IMIKINO

Rayon Sports kubona amanota atatu mbumbe muri shampiyona bikomeje kuba ingume

Ikipe ya Rayon Sports yakinnye umukino wa kabiri muri shampiyona yongeye gutsikira banganya n’ikipe ya Amagaju Fc ibitego 2-2.

Iy’ikipe yambara umweru n’ubururu yari yakiriye ikipe ya Amagaju Fc y’i Nyamagabe kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo mu mukino watangiye ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa (15h00′).

Rayon Sports yari ifite abakinnyi bayo bose, niyo yabanje gufungura amazamu ku munota wa 44′ mbere y’uko amakipe ajya kuruhuka, igitego cyatsinzwe na Nsabimana Aimable.

Ni igitego yatsinze ku mupira mwiza yarahawe na Muhire Kevin agahita atereka ku mutwe kiba kiranyoye.

Amakipe yombi yagiye kuruhuka Rayon Sports iyoboye n’igitego cyayo 1-0 bwa Amagaju Fc.

Rayon Sports yagarutse mu gice cya kabiri ubona n’ubundi ishaka igitego kindi ariko Amagaju Fc ikomeza kwihagararaho ariko nayo igenda igera ku izamu igahusha.

Byageze ku munota wa 70′ Rashid Napoli abona igitego cy’ikipe ya Amagaju Fc, umukino urangira gutyo.

Rayon Sports kubona amanota atatu mbumbe muri shampiyona bikomeje kugorana kuko n’umukino w’umunsi wa mbere ufungura shampiyona yanganyirije 0-0 i Rubavu mu mukino bakinaga n’ikipe ya Marine Fc.

Nsabimana Aimable yishimira igitego yatsindiye ikipe ye ya Rayon Sports
Umukino ntiwari woroshye ku mpande zombi
Rayon Sports ntirabona amanota atatu mbumbe muri shampiyona

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

16 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

17 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

18 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago