INKURU ZIDASANZWE

Umurundo w’amasasu watahuwe mu butaka mu Mujyi wa Goma

Mu mujyi wa Goma haravuga ko hari ikirundo cy’intwaro ziganjemo amasasu cyavumbuwe n’abantu bakoraga imirimo y’amaboko aho barimo bacukura bakaza kugwa kuri uwo murundo w’amasasu.

Aya masasu akaba yaravumbuwe kuwa kabiri w’iki cyumweru turimo mu gace gaherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’umujyi wa Goma mu gace ka Lac Vert mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru atabye mu butaka.

Ubwo itsinda ry’abantu barimo bakora imirimo y’amaboko yo gucukura ahantu barimo batunganya nibwo baguye bitunguranye kuri iki gipfunyika cy’amasasu agera kuri 500 atabye mu butaka kandi akiri mashya.

Benshi mu baturage baturiye umujyi wa Goma bavuze ko batekereza ko ayo masasu yaba yarahishwe m’ubutaka bishoboka ko ari ay’udutsiko tw’amabandi asanzwe yibisha intwaro ari nabo bashinjwa guhungabanya umutekano muri uyu Mujyi.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko icyo gipfunyika cy’amasasu cyahise gishyikirizwa inzego z’umutekano nkuko ababibonye babivuga, itahurwa ry’ayo masasu ryahuriranye n’igikorwa cyo kugenzura ibinyabiziga byose byo muri uyu mujyi ko nta ntwaro zibikwamo cyatangiye ku mugoroba wo kuwa kabiri w’ iki cyumweru.

Igikorwa cyo kugenzura ibi binyabiziga kikazajya kibera ahantu hahurira imodoka zivuye ahantu hatandukanye mu mahuriro y’imihanda, mu rwego rwo kureba ko nta ntwaro zinjiye mu mujyi wa Goma mu buryo budakurikije amategeko.

Src: Radio Okapi

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

22 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

24 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

24 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

1 day ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago