INKURU ZIDASANZWE

Umurundo w’amasasu watahuwe mu butaka mu Mujyi wa Goma

Mu mujyi wa Goma haravuga ko hari ikirundo cy’intwaro ziganjemo amasasu cyavumbuwe n’abantu bakoraga imirimo y’amaboko aho barimo bacukura bakaza kugwa kuri uwo murundo w’amasasu.

Advertisements

Aya masasu akaba yaravumbuwe kuwa kabiri w’iki cyumweru turimo mu gace gaherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’umujyi wa Goma mu gace ka Lac Vert mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru atabye mu butaka.

Ubwo itsinda ry’abantu barimo bakora imirimo y’amaboko yo gucukura ahantu barimo batunganya nibwo baguye bitunguranye kuri iki gipfunyika cy’amasasu agera kuri 500 atabye mu butaka kandi akiri mashya.

Benshi mu baturage baturiye umujyi wa Goma bavuze ko batekereza ko ayo masasu yaba yarahishwe m’ubutaka bishoboka ko ari ay’udutsiko tw’amabandi asanzwe yibisha intwaro ari nabo bashinjwa guhungabanya umutekano muri uyu Mujyi.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko icyo gipfunyika cy’amasasu cyahise gishyikirizwa inzego z’umutekano nkuko ababibonye babivuga, itahurwa ry’ayo masasu ryahuriranye n’igikorwa cyo kugenzura ibinyabiziga byose byo muri uyu mujyi ko nta ntwaro zibikwamo cyatangiye ku mugoroba wo kuwa kabiri w’ iki cyumweru.

Igikorwa cyo kugenzura ibi binyabiziga kikazajya kibera ahantu hahurira imodoka zivuye ahantu hatandukanye mu mahuriro y’imihanda, mu rwego rwo kureba ko nta ntwaro zinjiye mu mujyi wa Goma mu buryo budakurikije amategeko.

Src: Radio Okapi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago