Mu mujyi wa Goma haravuga ko hari ikirundo cy’intwaro ziganjemo amasasu cyavumbuwe n’abantu bakoraga imirimo y’amaboko aho barimo bacukura bakaza kugwa kuri uwo murundo w’amasasu.
Aya masasu akaba yaravumbuwe kuwa kabiri w’iki cyumweru turimo mu gace gaherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’umujyi wa Goma mu gace ka Lac Vert mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru atabye mu butaka.
Ubwo itsinda ry’abantu barimo bakora imirimo y’amaboko yo gucukura ahantu barimo batunganya nibwo baguye bitunguranye kuri iki gipfunyika cy’amasasu agera kuri 500 atabye mu butaka kandi akiri mashya.
Benshi mu baturage baturiye umujyi wa Goma bavuze ko batekereza ko ayo masasu yaba yarahishwe m’ubutaka bishoboka ko ari ay’udutsiko tw’amabandi asanzwe yibisha intwaro ari nabo bashinjwa guhungabanya umutekano muri uyu Mujyi.
Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko icyo gipfunyika cy’amasasu cyahise gishyikirizwa inzego z’umutekano nkuko ababibonye babivuga, itahurwa ry’ayo masasu ryahuriranye n’igikorwa cyo kugenzura ibinyabiziga byose byo muri uyu mujyi ko nta ntwaro zibikwamo cyatangiye ku mugoroba wo kuwa kabiri w’ iki cyumweru.
Igikorwa cyo kugenzura ibi binyabiziga kikazajya kibera ahantu hahurira imodoka zivuye ahantu hatandukanye mu mahuriro y’imihanda, mu rwego rwo kureba ko nta ntwaro zinjiye mu mujyi wa Goma mu buryo budakurikije amategeko.
Src: Radio Okapi
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…