Kapiteni wa APR FC mbere y’uko bahura n’ikipe ya Azam Fc yavuze ko bagomba gushyira ibitekerezo byose kuri uyu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Kanama 2024, Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba mu mukino wo kwishyura wa Caf Champions League uri bubere muri Stade Amahoro.
APR FC irasabwa gutsinda ibitego bibiri AZAM FC, kugirango ibashe kwizera gukomeza muri iri rushanwa. Mbere y’umukino Kapiteni wa APR FC Niyomugabo Claude yagize icyo atangaza.
Ati “Tugomba gushyira ibitekerezo ku mukino kuko nitutabikora Azam Fc ishobora kongera kudutsinda nk’uko yabikoze mu mukino ubanza, dufite icyizere cyo gutsinda, rero tugomba kuba tayari haba mu mutwe no ku mubiri”
Yakomeje agira ati ”AZAM FC tugomba kuyishyiraho igitutu cyane ko turi murugo bagenzi banjye barabizi”.
Niyomugabo kandi, yagize icyo avuga ku mukino ubanza batsinzwemo na AZAM FC igitego 1-0.
Yagize ati “Twakinnye neza ariko twagiye tubura amahirwe, ntago turi ikipe mbi gusa rimwe na rimwe harigihe amahirwe abura imbere y’izamu”.
Biteganijweko ikipe ikomeza hagati ya APR FC na AZAM FC izahura na Pyramids FC yo mu Misiri isa nk’aho yasezereye ikipe yo muri Zanzibar JKU, kuko mu mukino ubanza yari yayinyagiye ku bitego 6-0.
Iyi Pyramids Fc kandi niyo iheruka gusezerera ikipe ya APR Fc muri CAF Champions League y’umwaka ushize.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…