IMIKINO

Mashami Vincent wa Police Fc yahigiye gusezerera CS Constantine i Kigali

Mashami Vincent usanzwe utoza ikipe ya Police Fc yavuze ko bizeye intsinzi ku mukino wo kwishyura wa CAF Confederations Cup bafitanye na CS Constantine ku cyumweru tariki 24 Kanama 2024 kuri Kigali Pele Stadium.

Mu mukino ubanza wabaye ku cyumweru gishize, Police yatsinzwe muri Algeria ibitego 2-0 mu mukino wari wabereye muri Algeria.

Kuri ubu Police Fc iri kwitegura umukino wo kwishyura ugomba kubera mu Rwanda, Police irasabwa gutsinda ibitego birenze bibiri ndetse ikarinda izamu neza, kugirango yizere gukomeza mu cyiciro gikurikiraho, ibintu umutoza Mashami abona ko bishoboka nk’uko yabitangaje.

Ati “Urebye umukino twakinnye muri Algeria twashoboraga kubona igitego kimwe cyangwa bibiri, ariko amahirwe twabonye ntabwo twayabyaje umusaruro.”

“Mu rugo birashoboka, tuganira n’abakinnyi gusa nabo barabizi ko ari wo mukino umwe uzatuma dukomeza cyangwa tugasigara. Abakinnyi (beza) turabafite, turi gukora imyitozo yo gutuma dutsinda ibitego byinshi rero birashoboka kuzabasezerera.”

Umukino wo kwishyura hagati ya Police FC na CS Constantine, uteganyijwe ku Cyumweru tariki 25 Kanama 2024 kuri Kigali Pelé Stadium ku i Saa Cyenda z’amanywa.

Ikipe izasezerera indi, izahura n’izaba yakomeje hagati ya Nsoatreman FC yo muri Ghana na Elect-Sport FC yo muri Tchad mu ijonjora rya kabiri riganisha mu matsinda. Umukino ubanza wahuje amakipe yombi Nsoatreman FC yari yatsindiye muri Ghana ibitego 3-0.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago