Umunyamakuru Isheja Butera Sandrine wamenyekanye mu bitangamakuru bitandukanye by’umwihariko kuri Radio Kiss FM, yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA).
Ni inshingano yahawe nk’uko bikubiye mu byemezo by’Inama y’abaminisitiri byasohotse kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Kanama 2024 yayobowe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro.
Ibi bivuze ko Madame Sandrine Isheja agiye kuba umwungiriza wa Cléophas Barore usanzwe ari umuyobozi w’iki kigo, inshingano nawe yashyizweho mu kwezi ku Ukuboza umwaka 2023.
Mu bindi byemezo byatangajwe n’uko uwari umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo Niyonkuru Zephanie yakuwe kuri uwo mwanya.
Ni mugihe abandi bahawe imirimo barimo Munezero Clarisse yagizwe Umunyamabanga Uhoraho w’Urwego rw’Umuvunyi, Antoine Marie Kajangwe agirwa Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda naho Cyiza Béatrice yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije.
Soma ibindi byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro:
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…