IMIKINO

APR FC yanze gutenguha abafana bayo isezerera Azam Fc muri CAF Champions League

Ikipe ya APR FC yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league, nyuma yo gutsinda Azam FC yo muri Tanzania ibitego 2-0.

Advertisements

Ni ku kinyuranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino ibiri yahuje aya makipe yombi.

Ikipe y’Ingabo z’igihugu yari yakiriye Azam Fc kuri Stade Amahoro, mu mukino wo kwishyura wabaye kuri uyu wa Gatandatu guhera ku isaha ya Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00′).

Umukino ubanza wari wabereye muri Tanzania Azam Fc yari yatsinze igitego 1-0 APR Fc mu mukino wari wabaye ku Cyumweru gishize.

Igice cya mbere cy’umukino cyaranzwe n’igitutu cyinshi ku basore b’umutoza Darko Novic, gusa bagorwa no kumena urukuta rwa Azam FC yatangiye umukino yugarira.

Byasabye umunota wa 44 w’umukino ngo Nyamukandagira ifungure amazamu ibifashijwemo na Ruboneka Jean Bosco, nyuma y’umupira yari ahinduriwe na Kapiteni Niyomugabo Jean Claude.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye APR FC iri imbere n’igitego 1-0.

Iyi kipe y’Ingabo yagarutse mu gice cya kabiri ishaka igitego cya kabiri, umurindi w’abafana uyifasha kotsa igitutu Azam FC.

Mugisha Gilbert yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 62 w’umukino, ku mupira Taddeo Lwanga yahaye Mamadou Sy wari wenyine mu rubuga rw’amahina, ateye mu izamu umupira wanga kujya ku kirenge neza, ufatwa na Mugisha Gilbert wahise awutereka mu izamu.

Azam FC yibutse kwataka mu minota ya nyuma y’umukino gusa uburyo buke yabonye inanirwa kububyaza umusaruro.

APR FC izahurira mu ijonjora rya kabiri na Pyramids FC yo mu Misiri.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago