IMIKINO

Ogoh Odaudu wabaye mwiza muri ‘BAL2024’ yagizwe umutoza mukuru wa REG BBC

Umunya-Nigeria Ogoh Odaudu yemejwe nk’umutoza mukuru w’ikipe ya REG BBC ibarizwa muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Advertisements

Iy’ikipe y’amasharazi y’umukino w’intoki wa basketball yemeje Ogoh Odaudu nk’umutoza wayo uzayifasha mu mikino ya kamarampaka ‘BetPawa Playoffs’ isoza Shampiyona y’u Rwanda ya Basketball.

Ni imikino ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ iteganyijwe gutangira tariki ya 28 Kanama 2024.

Odaudu yabaye umutoza mwiza mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2024 nyuma yo gufasha ikipe ya Rivers Hoopers yo muri Nigeria gusoza iri ku mwanya wa gatatu.

Uyu mutoza wabaye n’umukinnyi Ogoh Odaudu afite uburambe bwo gutoza mu myaka 14 kuva yabihagarika.

Mu itangazo ikipe ya REG BBC yashyize hanze yavuze ko bitewe n’ubuhanga n’ubushishozi bwe aribyo bagendeyeho bahitamo uyu mutoza utari muto mu gutoza bakaba bizeye ko agiye kubasha mu mikino itegerejwe imbere harimo no kwegukana igikombe cya shampiyona.

Ikipe itwara shampiyona niyo ikatisha itike yo gukina irushanwa rya Basketball Africa League (BAL).

Ikipe ya REG BBC yatozwaga n’umutoza Mushumba Charles wasoje shampiyona ayisize ku mwanya wa Kane, bityo ikazahura na APR BBC mu mikino ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago