Umunya-Nigeria Ogoh Odaudu yemejwe nk’umutoza mukuru w’ikipe ya REG BBC ibarizwa muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.
Iy’ikipe y’amasharazi y’umukino w’intoki wa basketball yemeje Ogoh Odaudu nk’umutoza wayo uzayifasha mu mikino ya kamarampaka ‘BetPawa Playoffs’ isoza Shampiyona y’u Rwanda ya Basketball.
Ni imikino ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ iteganyijwe gutangira tariki ya 28 Kanama 2024.
Odaudu yabaye umutoza mwiza mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2024 nyuma yo gufasha ikipe ya Rivers Hoopers yo muri Nigeria gusoza iri ku mwanya wa gatatu.
Uyu mutoza wabaye n’umukinnyi Ogoh Odaudu afite uburambe bwo gutoza mu myaka 14 kuva yabihagarika.
Mu itangazo ikipe ya REG BBC yashyize hanze yavuze ko bitewe n’ubuhanga n’ubushishozi bwe aribyo bagendeyeho bahitamo uyu mutoza utari muto mu gutoza bakaba bizeye ko agiye kubasha mu mikino itegerejwe imbere harimo no kwegukana igikombe cya shampiyona.
Ikipe itwara shampiyona niyo ikatisha itike yo gukina irushanwa rya Basketball Africa League (BAL).
Ikipe ya REG BBC yatozwaga n’umutoza Mushumba Charles wasoje shampiyona ayisize ku mwanya wa Kane, bityo ikazahura na APR BBC mu mikino ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…