IMYIDAGADURO

Riderman na Bull Dogg beretswe urukundo rudasanzwe mu gitaramo cy’amateka bamurikiyemo album ‘Icyumba cy’amategeko’

Abaraperi Bulldog na Riderman bakoze umwihariko wo guhuza bagenzi babo mukiragano cyo hambere n’icyubu mu gitaramo cyabo cyo kumurika album yabo yaraye imurikiwe muri Camp Kigali.

Abafana babaye benshi mu birori byo kumurika Album y’abaraperi ’Bulldog na Riderman’ bise ’Icyumba cy’Amategeko’, aho abakunda injyana ya Hip Hop bongeye kubona Rap y’umwimerere baherukaga mu myaka ishize.

Ni Album yamuritswe mu ijoro ryakeye ryo kuri uyu gatandatu tariki 24 Kanama 2024, aho aba baraperi baraye bakoze igitaramo cy’akataraboneka gishyigikirwa ku rwego rwo hejuru.

Riderman yavuze ko igitekerezo cyose cyo gukora iyi album cyazanywe na Bull Dogg, nyamara bari bahuye bafite gahunda yo gukora indirimbo imwe gusa.

Yavuze ko bari bahuye bagiye gukora indirimbo ya Mico The Best, ariko birangira bakoze album yose mu buryo batari bateguye, babifashijwemo na Mico The Best na Bishop.

Mu kumurika iyi Album, aba bagabo bifashishije abandi baraperi barimo itsinda rya Tuff Gang, Bushali, Ish Kevin, Bruce the 1st, Kenny K-shot, B-Threy, Kivumbi King watunguranye ndetse na Karigombe.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago