Ikipe y’Igihugu “Amavubi’’ yatangiye imyitozo yitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Maroc 2025 mu itsinda rya D iherereyemo.
Ni imikino Amavubi azayihuza na Libya tariki 4 Nzeri 2024 mbere yo kwakira Nigeria tariki 10 Nzeri 2024.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 26 Kanama 2024, nibwo abakinnyi bahamagawe n’umutoza Tornsen Spitter mu ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ biganjemo abakina imbere mu gihugu, batangiye imyitozo iri kubera ku bibuga byo hanze ya stade Amahoro.
Ni mugihe ubusanzwe umwiherero w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ iri kubera kuri Golf Hotel-Nyarutarama.
Ku bakinnyi bakina hanze y’Igihugu biteganyijwe ko Gitego Artur ukina muri Kenya muri FC Leopard, ariwe uza kubimburira abandi.
Bazahaguruka mu Rwanda tariki 31 Kanama 2024 berekeza muri Libya bazakina tariki 4 Nzeri 2024 na Libya.
Abandi bakinnyi barimo nka Manzi Thierry ukinira Al Ahli Tripoli yo muri Libya na Mutsinzi Ange n’abandi bazagenda bahagera buhoro buhoro basange bagenzi babo.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…