IMIKINO

Kera kabaye As Kigali yabonye amanota atatu, Gasogi United ikomeza intego yo kuyobora shampiyona

Ikipe y’Umujyi wa Kigali (As Kigali) kera kabaye yabonye amanota atatu mbumbe muri shampiyona y’icyiciro cya mbere yarigeze ku munsi wa kabiri wakinwaga.

Advertisements

Ni nyuma y’uko As Kigali itsinze ikipe ya Musanze Fc igitego 1-0, cyatsinzwe na Didier Ndayishimiye ku munota wa 48 w’umukino.

Ni umukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium aho amakipe yombi ya rwanaga no kubona amanota atatu ya mbere.

Ikipe ya Musanze FC yitwaye neza umwaka ushize w’imikino yakomeje kugerageza ngo irebeko yakwishyura igitego yatsinzwe cyane ko iminota yari yose, ariko umukino urangira ari igitego 1-0.

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda 2024-25, usize ikipe ya Gasogi united ariyo yonyine imaze gutsinda imikino yayo ibiri aho ifite amanota atandatu, izigamye n’ibitego bibiri.

APR FC na Police FC niyo makipe kugeza kuri ubu itarakina umukino n’umwe muri shampiyona kubera imikino Nyafurika.

Imikino y’umunsi wa kabiri uko yagenze

Gasogi United 1-0 Marines.

Rayon Sports 2-2 Amagaju

Rutsiro FC 1-0 Vision FC

Mukura VS 0-0 Etincelles FC

Muhazi United 0-0 Gorilla FC

AS Kigali 1-0 Musanze FC

Biteganyijwe ko amakipe ahita ajya mu karuhuko kubera imikno ibiri y’ikipe y’Igihugu “Amavubi” yitegura gukina ya CAN 2025, izakinamo na Libya na Nigeria.

Didier Ndayishimiye watsindiye igitego ikipe ya As Kigali
Urutonde rwa shampiyona uko ruhagaze ku munsi wa kabiri

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago