IMIKINO

Kera kabaye As Kigali yabonye amanota atatu, Gasogi United ikomeza intego yo kuyobora shampiyona

Ikipe y’Umujyi wa Kigali (As Kigali) kera kabaye yabonye amanota atatu mbumbe muri shampiyona y’icyiciro cya mbere yarigeze ku munsi wa kabiri wakinwaga.

Ni nyuma y’uko As Kigali itsinze ikipe ya Musanze Fc igitego 1-0, cyatsinzwe na Didier Ndayishimiye ku munota wa 48 w’umukino.

Ni umukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium aho amakipe yombi ya rwanaga no kubona amanota atatu ya mbere.

Ikipe ya Musanze FC yitwaye neza umwaka ushize w’imikino yakomeje kugerageza ngo irebeko yakwishyura igitego yatsinzwe cyane ko iminota yari yose, ariko umukino urangira ari igitego 1-0.

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda 2024-25, usize ikipe ya Gasogi united ariyo yonyine imaze gutsinda imikino yayo ibiri aho ifite amanota atandatu, izigamye n’ibitego bibiri.

APR FC na Police FC niyo makipe kugeza kuri ubu itarakina umukino n’umwe muri shampiyona kubera imikino Nyafurika.

Imikino y’umunsi wa kabiri uko yagenze

Gasogi United 1-0 Marines.

Rayon Sports 2-2 Amagaju

Rutsiro FC 1-0 Vision FC

Mukura VS 0-0 Etincelles FC

Muhazi United 0-0 Gorilla FC

AS Kigali 1-0 Musanze FC

Biteganyijwe ko amakipe ahita ajya mu karuhuko kubera imikno ibiri y’ikipe y’Igihugu “Amavubi” yitegura gukina ya CAN 2025, izakinamo na Libya na Nigeria.

Didier Ndayishimiye watsindiye igitego ikipe ya As Kigali
Urutonde rwa shampiyona uko ruhagaze ku munsi wa kabiri

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

14 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

16 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

16 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

16 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago