Ikipe y’Umujyi wa Kigali (As Kigali) kera kabaye yabonye amanota atatu mbumbe muri shampiyona y’icyiciro cya mbere yarigeze ku munsi wa kabiri wakinwaga.
Ni nyuma y’uko As Kigali itsinze ikipe ya Musanze Fc igitego 1-0, cyatsinzwe na Didier Ndayishimiye ku munota wa 48 w’umukino.
Ni umukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium aho amakipe yombi ya rwanaga no kubona amanota atatu ya mbere.
Ikipe ya Musanze FC yitwaye neza umwaka ushize w’imikino yakomeje kugerageza ngo irebeko yakwishyura igitego yatsinzwe cyane ko iminota yari yose, ariko umukino urangira ari igitego 1-0.
Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda 2024-25, usize ikipe ya Gasogi united ariyo yonyine imaze gutsinda imikino yayo ibiri aho ifite amanota atandatu, izigamye n’ibitego bibiri.
APR FC na Police FC niyo makipe kugeza kuri ubu itarakina umukino n’umwe muri shampiyona kubera imikino Nyafurika.
Imikino y’umunsi wa kabiri uko yagenze
Gasogi United 1-0 Marines.
Rayon Sports 2-2 Amagaju
Rutsiro FC 1-0 Vision FC
Mukura VS 0-0 Etincelles FC
Muhazi United 0-0 Gorilla FC
AS Kigali 1-0 Musanze FC
Biteganyijwe ko amakipe ahita ajya mu karuhuko kubera imikno ibiri y’ikipe y’Igihugu “Amavubi” yitegura gukina ya CAN 2025, izakinamo na Libya na Nigeria.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…