IMIKINO

Mashami wa Police Fc yakomoje ku cyatumye asezererwa mu mikino Nyafurika

Umutoza w’ikipe ya Police Fc Mashami Vincent yakomoje ku cyatumye asezererwa mu irushanwa rya CAF Confederation Cup, avuga ari cyari igitutu cyo gutsinda ibitego bitatu basabwaga ngo basezerere ikipe ya CS Constantine aribyo byatumye abakinnyi bagira igihunga imbere y’izamu.

Ibi yabivuze nyuma y’uko ikipe ya Police FC isezerewe mu ijonjora ry’Ibanze rya CAF Confederations Cup ikuwemo na CS Constantine ku giteranyo cy’ibitego 4-1 mu mikino ibiri.

Umutoza Mashami Vicent yavuze ko imibare y’ibitego basabwaga ariyo yabateje igitutu.

Umukino wa mbere wahuje ikipe ya Police Fc na CS Constantine muri Algeria byarangiye ihatsindiwe ibitego 2-0.

Mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru tariki 25 Kanama 2024, warangiye nabwo Police Fc itsinzwe na CS Constantine ibitego 2-1.

Ati “igitutu cy’uko tugomba gutsinda, igitutu cy’uko twatsinzwe, igitutu cy’uko tugomba gushaka ibitego runaka, icyo gihe rero iyo udatuje neza igihunga kiba ari cyinshi imbere y’izamu”.

Umutoza Mashami Vicent kandi yavuze ko bababajwe no kuba bavuyemo ariko bakuye amasomo muri uyumukino, bityo bagiye guhatana bagashaka itike yo gusohoka umwaka utaha.

Ati “Nyuma y’igihe ikipe itabasha gusohoka si byo byari ibyifuzo byacu ariko turakuramo amasomo hanyuma dutegure uburyo umwaka utaha twazashobora kwitabira aya marushanwa ariko birumvikana turababaye.”

Ikipe ya Police FC yatwaye igikombe cy’amahoro umwaka ushize, byatumye isohokera u Rwanda mu mikino ya Caf Confederations Cup.

Andi makuru ahari nuko iy’ikipe yamaze kwakira rutahizamu Joakim Ojera wakiniye Rayon Sports aho agomba gutangira akazi muri iy’ikipe ya Police FC.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

12 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

14 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

14 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

14 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

1 day ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago