RWANDA

Minisiteri y’Uburezi yashyize hanze ingengabihe y’umwaka 2024-2025

Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Kanama 2024, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ingengabihe izagenderwaho y’umwaka w’amashuri 2024-2025, aho igihembwe cya mbere kizatangira tariki 9 Nzeri 2024.

Ni igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri kizarangira tariki 20 Ukuboza 2024.

Naho igihembwe cya kabiri kikazatangira tariki 6 Mutarama 2025 kugeza tariki 04 Mata 2025.

Igihembwe cya gatatu kizatangira tariki 21 Mata 2025, kugeza tariki 27 Kamena 2025.

Minisiteri y’Uburezi kandi yatangaje ingengabihe y’ibizamini bya Leta.

Ibizamini ngiro bisoza amashuri yisumbuye bizatangira tariki 19 Gicurasi kugeza tariki 6 Kamena 2025.

Ibizamini bisoza amashuri abanza bizatangira tariki 30 Kamena – 3 Nyakanga 2025.

Ibizamini byanditse bisoza amashuri yisumbuye (ibyiciro byombi) bizatangira tariki 9-18 Nyakanga – 2025.

Minisiteri y’Uburezi itangaje iyi ngengabihe mugihe kuri uyu wa kabiri tariki 27 Kanama 2024, aribwo izashyira hanze amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta umwaka 2023-2024.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

12 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

14 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

14 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

14 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

1 day ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago