RWANDA

Burundi: Abaturage bakomeje gupfa bazira inyota y’amazi

Ibura ry’amazi mu Mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi biravugwa ko bamwe mu baturage baho bakomeje kuhagwa.

Abaturiye umujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi bahangayikishijwe bikomeye n’ikena ry’amazi ry’ugarije uy’umujyi.

Bimwe mu bitangaza makuru bivuga amakuru yo mu karere, byavuze ko byahawe ubuhamya n’abaturage baturiye i Bujumbura bavuga ko bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amazi.

Umwe mu baturage baturiye ibyo bice yabwiye ijwi ry’Amerika, dukesha iy’inkuru avuga ko abaturage basabye Leta y’u Burundi kugoboka abaturage bayo ku kibazo cyo kubura amazi ariko ko Leta nayo ubwayo isa ni dafite igisubizo cya hafi.

Ndetse kandi uyu muturage akaba yavuze ko hatagize igikorwa mu maguru mashya, ubuzima bwa benshi burahangirikira.

Ishirahamwe rishinzwe iby’amazi mu Burundi rya REGIDESO, naryo ubwaryo rivuga ko nta muti babona ushobora kuzaboneka vuba. Umuyobozi mukuru muri iryo shirahamwe ushinzwe ibyunyubako, Gaspard Kobako yanasabye Leta y’iki gihugu cyabo kwemerera Abanyagihugu ko muri iri shami ry’amazi yananiwe kugira icyo ibikoraho.

Ku bwizo mpamvu, abaturage bo muri Bujumbura bari gukoresha amazi bavomye mu biziba no mu kiyaga cya Tanganyika ndetse no mu zindi nzuzi zitemba.

Usibye amazi abuze muri Bujumbura hari kandi n’ibura ry’igitoro, ndetse cyo kikaba kigize imyaka igiye kuba itatu kibuze.

Ibi bituma benshi binubira ubutegetsi bwa perezida Evariste Ndayishimiye, ndetse abamwanze hamwe n’abatavuga rumwe nawe bagasaba ko yo kwegura.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

17 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

19 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

19 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

19 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago