RWANDA

Burundi: Abaturage bakomeje gupfa bazira inyota y’amazi

Ibura ry’amazi mu Mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi biravugwa ko bamwe mu baturage baho bakomeje kuhagwa.

Advertisements

Abaturiye umujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi bahangayikishijwe bikomeye n’ikena ry’amazi ry’ugarije uy’umujyi.

Bimwe mu bitangaza makuru bivuga amakuru yo mu karere, byavuze ko byahawe ubuhamya n’abaturage baturiye i Bujumbura bavuga ko bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amazi.

Umwe mu baturage baturiye ibyo bice yabwiye ijwi ry’Amerika, dukesha iy’inkuru avuga ko abaturage basabye Leta y’u Burundi kugoboka abaturage bayo ku kibazo cyo kubura amazi ariko ko Leta nayo ubwayo isa ni dafite igisubizo cya hafi.

Ndetse kandi uyu muturage akaba yavuze ko hatagize igikorwa mu maguru mashya, ubuzima bwa benshi burahangirikira.

Ishirahamwe rishinzwe iby’amazi mu Burundi rya REGIDESO, naryo ubwaryo rivuga ko nta muti babona ushobora kuzaboneka vuba. Umuyobozi mukuru muri iryo shirahamwe ushinzwe ibyunyubako, Gaspard Kobako yanasabye Leta y’iki gihugu cyabo kwemerera Abanyagihugu ko muri iri shami ry’amazi yananiwe kugira icyo ibikoraho.

Ku bwizo mpamvu, abaturage bo muri Bujumbura bari gukoresha amazi bavomye mu biziba no mu kiyaga cya Tanganyika ndetse no mu zindi nzuzi zitemba.

Usibye amazi abuze muri Bujumbura hari kandi n’ibura ry’igitoro, ndetse cyo kikaba kigize imyaka igiye kuba itatu kibuze.

Ibi bituma benshi binubira ubutegetsi bwa perezida Evariste Ndayishimiye, ndetse abamwanze hamwe n’abatavuga rumwe nawe bagasaba ko yo kwegura.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago