IMIKINO

Ikipe y’igihugu ya Nigeria yitegura guhura na Amavubi yabonye umutoza mushya

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria NFF ryatangaje ko umudage Bruno Labbadia ariwe mutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo.

Itangazwa ry’umutoza mukuru byanyuze ku rukuta rwa X, aho bemeje ko uyu mudage ariwe ugiye gukomezanya n’iyikipe mu rugendo ifite imbere.

Ni tangazo ryagize riti: “Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria ryatangaje ko ryumvikanye n’umutekinisiye ukomoka mu Budage, Bruno Labbadia, kugira ngo abe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo ya Nigeria, Super Eagles.”

Ibi kandi byanemejwe n’Umunyamabanga mukuru wa federasiyo, Dr Mohammed Sanusi, wavuze ko bamaze kumvikana n’uyu mutoza.

Aho yagize ati “Komite Nyobozi ya NFF yemeje icyifuzo cya komite ishinzwe tekinike n’iterambere ishinzwe gushyiraho bwana Bruno Labbadia nk’umutoza mukuru wa Super Eagles”.

Labbadia atangajwe nk’umutoza w’ikipe y’igihugu mugihe afite urugamba rutoroshye rwo gukina imikino itandukanye irimo n’imikino Nyafurika ndetse no gushaka itike y’igikombe cy’Isi itsinda ririmo n’u Rwanda.

Ni mugihe kandi mu ntangiriro z’ukwezi gutaha tariki 10 Nzeri 2024, u Rwanda ruzakira Nigeria i Kigali mu majonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika.

Naho tariki 7 Nzeri 2024, azaba yabanje guhura n’ikipe ya Benin.

Labbadia abaye umutoza wa 37 utoje ‘Super Eagles’ nyuma yo kwegura k’uwahoze ari umutoza, Finidi George.

AMWE MU MATEKA Y’UMUTOZA BRUNO LABBADIA 

Bruno Labbadia, wavutse ku ya 8 Gashyantare 1966, ni umuyobozi w’umupira w’amaguru mu Budage akaba yarahoze ari umukinnyi wakinnye nka rutahizamu. Yegukanye DFB-Pokal mu 1989-90 hamwe na FC Kaiserslautern, yatwaranye shampiyona ya Bundesliga muri 1993-94 hamwe na FC Bayern Munich. Yahamagawe kandi inshuro ebyiri mu ikipe y’igihugu y’Ubudage.

Ni Umudage wa gatandatu uhawe izi nshingano mu ikipe y’igihugu ya Nigeria, nyuma ya Karl-Heinz Marotzke (wayitoje hagati ya 1970 na 1974), Gottlieb Göller (1981), Manfred Höner (1988-1989), Berti Vogts (2007-2008) na Gernot Rohr (2016- 2021). Höner yayoboye Super Eagles ayigeza ku mwanya wa kabiri mu gikombe cy’Afurika cyabaye 1988, naho Rohr ayitoza ayigeza ku mukino wa nyuma w’igikombe cyisi cyabereye mu Burusiya.

Bruno Labbadia uretse kuba yaraconze ruhago asanzwe ari n’umutoza wabigize umwuga

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

16 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

17 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

18 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago