IMIKINO

Musanze Fc yamaze kugeza ikirego muri FERWAFA nyuma yo kwangirwa igitego yatsinze As Kigali

Ikipe yo mu Majyaruguru ya Musanze FC yandikiye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’, isaba ko yarenganurwa ku gitego yangiwe ku bw’ibyo basabira ibihano abasifuzi basifuye kuri uwo mukino wabahuje na AS Kigali.

Ni mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabaye ku wa Mbere tariki 26 Kanama 2024, kuri Kigali Pele Stadium.

Uyu mukino warangiye ikipe ya AS Kigali itsinze Musanze FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Didier Ndayishimiye ku munota wa 48 w’umukino.

Ikipe ya Musanze FC yabonye igitego ku munota wa 15 w’uyu mukino cyinjijwe na Kwizera Tresor ariko umusifuzi wa kabiri w’igitambaro Ndayisaba Saidi, amanika igitambaro avuga ko yabayeho kurarira, ibintu bitishimiwe n’abakunzi ba Musanze FC ndetse n’ubuyobozi bw’iy’ikipe.

Ubuyobozi bwa Musanze FC bwahise bwandikira ibaruwa ishyirahamwe ry’umupira wamaguru mu Rwanda FERWAFA, busaba ko abasifuzi basifuye uyu mukino, bafatirwa ibihano aho basobanura ko igitego batsinze cyanzwe n’umusifuzi wo kuruhande Ndayisaba Said akabikora nkana.

Basobanuye ko kandi n’igitego cya AS Kigali cyinjiye mu izamu gitsinzwe na Ndayishimiye Didier hari habanje kubamo ikosa ryakorewe umukinnyi wa Musanze FC, umusifuzi wo hagati Murindangabo Moise akaryirengagiza.

Didier Ndayishimiye yishimira igitego yaramaze gutsinda
Umusifuzi Ndayisaba Saidi wanze igitego cya Musanze Fc avuga ko habayeho kurarira

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

15 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

16 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

16 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago