Ikipe yo mu Majyaruguru ya Musanze FC yandikiye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’, isaba ko yarenganurwa ku gitego yangiwe ku bw’ibyo basabira ibihano abasifuzi basifuye kuri uwo mukino wabahuje na AS Kigali.
Ni mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabaye ku wa Mbere tariki 26 Kanama 2024, kuri Kigali Pele Stadium.
Uyu mukino warangiye ikipe ya AS Kigali itsinze Musanze FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Didier Ndayishimiye ku munota wa 48 w’umukino.
Ikipe ya Musanze FC yabonye igitego ku munota wa 15 w’uyu mukino cyinjijwe na Kwizera Tresor ariko umusifuzi wa kabiri w’igitambaro Ndayisaba Saidi, amanika igitambaro avuga ko yabayeho kurarira, ibintu bitishimiwe n’abakunzi ba Musanze FC ndetse n’ubuyobozi bw’iy’ikipe.
Ubuyobozi bwa Musanze FC bwahise bwandikira ibaruwa ishyirahamwe ry’umupira wamaguru mu Rwanda FERWAFA, busaba ko abasifuzi basifuye uyu mukino, bafatirwa ibihano aho basobanura ko igitego batsinze cyanzwe n’umusifuzi wo kuruhande Ndayisaba Said akabikora nkana.
Basobanuye ko kandi n’igitego cya AS Kigali cyinjiye mu izamu gitsinzwe na Ndayishimiye Didier hari habanje kubamo ikosa ryakorewe umukinnyi wa Musanze FC, umusifuzi wo hagati Murindangabo Moise akaryirengagiza.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…