IMYIDAGADURO

Umuhanzi Bien Aime ari kubarizwa i Kigali mu kurangiza umushinga w’indirimbo afitanye na Bruce Melodie

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Kanama 2024, Umuhanzi Bien Aime Baraza wabarizwaga mu itsinda rya Sauti Sol yasesekaye i Kigali.

Advertisements

Uyu muhanzi yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe arikumwe n’umukunzi we Chiki Kuruka usanzwe ari n’Umujyanama mu by’umuziki.

Bien Aime yakiriwe ku kibuga cy’indege n’abarimo Bruce Melodie, Kenny usanzwe ari umuvugizi w’ibikorwa bya 1:55 Am, n’itsinda rigari ry’itangazamakuru ryari ryabukereye kumva ikigenza uyu muhanzi mu Rwagasabo.

Itangazamakuru ryari ryabukereye kwakira uyu muhanzi Bien Aime ukomoka muri Kenya

Uyu muhanzi ukomoka muri Kenya yahishuye ko ikimuzanye mu Rwanda ari gahunda yo gukorana imishinga yo gukorana umuziki n’umuhanzi Bruce Melodie.

Ati “Kuri ubu ikigenza hano naje mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ya Bruce Melodie.”

Bien Aime Baraza yavuze ko afite n’indi mishinga yakoranye na Bruce Melodie kuko badafitanye indirimbo imwe gusa.

Bien Aime yahishuye ko afite imishinga myinshi na Bruce Melodie

Ni amashusho y’indirimbo nshya igiye gukorwa ikaba iri kuri Album yitegura gushyira hanze mu minsi ya vuba nk’uko byatangajwe na Bruce Melodie.

Bien Aime ati ”Njyewe na Bruce Melodie ntabwo dufitanye indirimbo imwe dufitanye indirimbo nyinshi ahubwo n’ejo dushobora gufata umwanzuro wo gufatira indi amashusho.”

Uyu muhanzi kandi yahishuye ko ubusanzwe bagitanye indirimbo nyinshi.

Ati “Dufitanye indirimbo nyinshi njyewe na Bruce Melodie tumaze igihe duhanga kandi twembi turi abahanzi bafite umuhate wo gukora.”

Aha niho yaboneyeho umwanya wo gushimira Bruce Melodie yise [Umuhanga] wamuhaye umwanya wo gukorana nawe indirimbo. Ni ibintu avuga ko byagiye bigorana bitewe n’ibihe yahoze ahuza n’itsinda rya Sauti Sol dore ko yahoze kuva na kera yifuza gukorana n’Abanyarwanda.

Umuhanzi Bien Aime yasesekaye i Kigali arikumwe n’umukunzi we Chiki Kuruka

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago