Rutahizamu w’Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo yahishuye kubyerekeye no gusoza gukina ruhago avuga ko Al Nassr abarizwamo kuri ubu ariyo yifuza kuzasorezamo.
Mu kiganiro aherutse gutanga uyu mukinnyi w’icyamamare mu mupira w’amaguru w’imyaka 39 yavuze ko atahita avuga ko byerekeye n’ibyo kumanika inkweto (guhagarika gukina ruhago) kuko ataribyo bimushishikaje mugihe agifite amasezerano n’ikipe ya Al Nassr abarizwamo.
Ronaldo uzaba wujuje imyaka 40 muri Gashyantare umwaka utaha yagize ati “Ntabwo nzi neza igihe nzahagarikira gukina umupira w’amaguru, nimba ari mu myaka ibiri cyangwa itatu… Gusa ikiriho ni uko ngomba gusoreza ruhago hano mu ikipe ya Al Nassr.”
Yongeyeho ati “Ndishimye kuba ndi muri iy’ikipe, ndumva meze neza kuba ndi muri iki gihugu. Nishimira kandi kuba ndi gukinira muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Arabia Saoudite kandi nkishaka kuhakomereza.”
Ubwo yabazwaga kubyerekeye n’ihagarika gukina ruhago mu ikipe y’igihugu, Ronaldo yagize ati “Muby’ukuri, igihe nzamanikira inkweto mu ikipe y’igihugu ntawe nzabibwira mbere ku cyemezo cyanjye.”
Uyu mugabo yongeyeho ko bizaba ari ibanga rye ryihariye n’umwanzuro ku giti cye gusa yemeza ko atatereye iyo.
Aha niho yanavuze ko adateze kuba umutoza w’ikipe n’imwe cyangwa iyariyo yose.
Cristiano yavuze atabona imbere ye ibijyanye no kuba yahagarika gukina ruhago mugihe yumva ko akomeye.
Muri Mutara Ronaldo yinjiye mu ikipe ya Al Nassr ibarizwa mu gihugu cya Arabia Saoudite ku masezerano yarafite agaciro k’amafaranga angana na miliyoni 175 y’Ama-pound.
Ni nyuma yo kuva muri Manchester United.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…