Rutahizamu w’Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo yahishuye kubyerekeye no gusoza gukina ruhago avuga ko Al Nassr abarizwamo kuri ubu ariyo yifuza kuzasorezamo.
Mu kiganiro aherutse gutanga uyu mukinnyi w’icyamamare mu mupira w’amaguru w’imyaka 39 yavuze ko atahita avuga ko byerekeye n’ibyo kumanika inkweto (guhagarika gukina ruhago) kuko ataribyo bimushishikaje mugihe agifite amasezerano n’ikipe ya Al Nassr abarizwamo.
Ronaldo uzaba wujuje imyaka 40 muri Gashyantare umwaka utaha yagize ati “Ntabwo nzi neza igihe nzahagarikira gukina umupira w’amaguru, nimba ari mu myaka ibiri cyangwa itatu… Gusa ikiriho ni uko ngomba gusoreza ruhago hano mu ikipe ya Al Nassr.”
Yongeyeho ati “Ndishimye kuba ndi muri iy’ikipe, ndumva meze neza kuba ndi muri iki gihugu. Nishimira kandi kuba ndi gukinira muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Arabia Saoudite kandi nkishaka kuhakomereza.”
Ubwo yabazwaga kubyerekeye n’ihagarika gukina ruhago mu ikipe y’igihugu, Ronaldo yagize ati “Muby’ukuri, igihe nzamanikira inkweto mu ikipe y’igihugu ntawe nzabibwira mbere ku cyemezo cyanjye.”
Uyu mugabo yongeyeho ko bizaba ari ibanga rye ryihariye n’umwanzuro ku giti cye gusa yemeza ko atatereye iyo.
Aha niho yanavuze ko adateze kuba umutoza w’ikipe n’imwe cyangwa iyariyo yose.
Cristiano yavuze atabona imbere ye ibijyanye no kuba yahagarika gukina ruhago mugihe yumva ko akomeye.
Muri Mutara Ronaldo yinjiye mu ikipe ya Al Nassr ibarizwa mu gihugu cya Arabia Saoudite ku masezerano yarafite agaciro k’amafaranga angana na miliyoni 175 y’Ama-pound.
Ni nyuma yo kuva muri Manchester United.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…