IMIKINO

Cristiano Ronaldo yahishuye ikipe azasorezamo gukina ruhago

Rutahizamu w’Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo yahishuye kubyerekeye no gusoza gukina ruhago avuga ko Al Nassr abarizwamo kuri ubu ariyo yifuza kuzasorezamo.

Mu kiganiro aherutse gutanga uyu mukinnyi w’icyamamare mu mupira w’amaguru w’imyaka 39 yavuze ko atahita avuga ko byerekeye n’ibyo kumanika inkweto (guhagarika gukina ruhago) kuko ataribyo bimushishikaje mugihe agifite amasezerano n’ikipe ya Al Nassr abarizwamo.

Ronaldo uzaba wujuje imyaka 40 muri Gashyantare umwaka utaha yagize ati “Ntabwo nzi neza igihe nzahagarikira gukina umupira w’amaguru, nimba ari mu myaka ibiri cyangwa itatu… Gusa ikiriho ni uko ngomba gusoreza ruhago hano mu ikipe ya Al Nassr.”

Yongeyeho ati “Ndishimye kuba ndi muri iy’ikipe, ndumva meze neza kuba ndi muri iki gihugu. Nishimira kandi kuba ndi gukinira muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Arabia Saoudite kandi nkishaka kuhakomereza.”

Ubwo yabazwaga kubyerekeye n’ihagarika gukina ruhago mu ikipe y’igihugu, Ronaldo yagize ati “Muby’ukuri, igihe nzamanikira inkweto mu ikipe y’igihugu ntawe nzabibwira mbere ku cyemezo cyanjye.”

Uyu mugabo yongeyeho ko bizaba ari ibanga rye ryihariye n’umwanzuro ku giti cye gusa yemeza ko atatereye iyo.

Aha niho yanavuze ko adateze kuba umutoza w’ikipe n’imwe cyangwa iyariyo yose.

Cristiano yavuze atabona imbere ye ibijyanye no kuba yahagarika gukina ruhago mugihe yumva ko akomeye.

Muri Mutara Ronaldo yinjiye mu ikipe ya Al Nassr ibarizwa mu gihugu cya Arabia Saoudite ku masezerano yarafite agaciro k’amafaranga angana na miliyoni 175 y’Ama-pound.

Ni nyuma yo kuva muri Manchester United.

Cristiano Ronaldo yerekeje muri Al Nassr ku kayabo

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

18 minutes ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

37 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

59 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago