UBUREZI

Minisitiri w’Uburezi Gaspard yasobanuye uko abanyeshuri bahawe kwiga amasomo kandi barayatsinzwe

Minisitiri w’Uburezi Twagirayezu Gaspard, yatangaje ko abanyeshuri batsinze neza kurusha abandi babaha ibigo basabye ndetse ko ku banyeshuri biga mu mashuri abegereye hari inama zikorwa ku Karere bagaha abanyeshuri ibyo bashoboye kwiga.

Advertisements

Iyi Minisiteri y’Uburezi yavuze ko abanyeshuri bahitiwemo kwiga amasomo badashoboye bashobora guhindura bakiga ibyo bashaka.

Minisitiri Twagirayezu yavuze ko abanyeshuri bahabwa amahirwe yo guhitamo aho baziga n’ibyo baziga, aho bashobora guhitamo kwiga baba mu kigo (Boarding School), bataha (day school) cyangwa amashuri y’imyuga(TVET).

Mu kiganiro na Radio Rwanda, yongeyeho ko iyo bamaze gukosora abanyeshuri bahitamo aho baziga n’ibyo baziga babikora mu byiciro bibiri.

Icyiciro cya mbere habanza kurebwa aho abanyeshuri bakoze neza kurusha abandi bahisemo bwa mbere bakaba ari ho boherezwa.

Ati: “Tubanza kureba abanyeshuri bakoze neza kurusha abandi aho bahisemo bwa mbere, tukareba n’uko barushanyijwe hanyuma buri munyeshuri agahabwa amahirwe.”

Yongeyeho ko hari urundi rwego rwa kabiri bakorera ku Turere cyangwa ku mashuri ari na ho abanyeshuri baba basabiye kwiga mu mashuri abegereye bahitiramo ibyo bashoboye.

Ati: ”Iyo bageze kuri ayo mashuri cyangwa ku Turere baricara, ari abanyeshuri, abarimu, ababyeyi n’abayobozi b’amashuri, bakareba icyo umwana ashoboye kwiga bakaba bamufasha kugihindura.”

Yatagaje ibyo nyuma y’uko ku wa 27 Kanama MINEDUC itangaje uko abanyeshuri batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye.

Abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza batsinze ku kigero cya 96,8% mu gihe mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye abangana na 143 227, abatsinze ari 134 245 bangana 93,8%.

Muri aba batsinze abagera ku 65 159 ni bo baziga baba mu bigo, mu gihe abandi 71 893 baziga bataha.

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), buherutse gutangaza ko umwaka w’amashuri wa 2024-2025 uzatangira tariki ya 09 Nzeri 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago