Indirimbo y’umuhanzi Kevin Kade ‘Sikosa’ yakoranye na The Ben na Element Eléeeh yamaze gusibwa kuri YouTube.
Ni indirimbo yarimaze iminsi itagera mu Cyumweru igiye hanze, aho bivugwa ko yasibwe kuri YouTube n’umuntu utazwi kugeza ubu.
Uyu wayisibye iy’indirimbo yarimaze kurebwa n’abarenga miliyoni kuri urwo rubuga yahamije ko ari iye bwite.
Isibwa ry’iyi ndirimbo kandi byahamijwe n’usanzwe ureberera inyungu z’umuhanzi Kevin Kade, Serge Muhizi wavuze ko nabo batunguwe no gusanga bayisibye.
Muhizi yavuze ko amakuru y’ibanze babonye ari uko hari undi muntu wayishyize kuri youtube anyuze kuri sosiyete isanzwe ifasha abahanzi gusakaza ibihangano byabo ku mbuga zibigurisha ‘One rpm’, gusa ngo bari mu biganiro n’ubuyobozi bw’iyi sosiyete ku buryo ko indirimbo ishobora gururwa byihuse kuko bamaze kubabwira ko indirimbo ari yabo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…