IMIKINO

Nyuma y’imyaka 5, Petit stade yavuguruwe igiye kwakira Basketball hakinwa imikino ya ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Petit stade yubatse i Remera mu gace kahariwe siporo gusa, igiye kongera kwakiraho imikino ya Basketball irimo n’imikino ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ 2024 nyuma y’igihe kirekire.

Advertisements

Ni nyuma y’imyaka itanu dore ko mu mwaka 2019, aribwo ibikorwa byose byaberaga kuri Petit stade na sitade Amahoro byahagaritswe kugira ngo bivugururwe.

Ni stade ubusanzwe yakiraga imikino itandukanye y’intoki irimo na Basketball, aho yakinirwaga abantu baticaye neza ndetse n’ikibuga cyakinirwaga kikaba kitari kigendanye n’igihe.

Kuri ubu Petit stade yavuguruwe kuri ubu yashyizwemo intebe, aho abantu bicara neza bakurikirana iyo mikino ndetse n’ikibuga gikinirwaho kikaba cyujuje ibisabwa byose.

Icyakora cyo n’ubwo yavuguruwe imyanya yicarwamo yagizwe 1500 bicaye neza mu ntebe, bitandukanye na mbere aho benshi bicara ku isima ikaba yarakiraga abarenga 3000.

Petit stade izakinirwaho imikino ibiri ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ 2024, hagati ya Patriots BBC, Kepler BBC, APR BBC na REG BBC.

Ni imikino ikinwa isiga hamenyekanye ikipe yegukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Ni imikino ibiri iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, aho Patriots BBC izakira Kepler BBC guhera ku isaha ya Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00′).

Naho ku isaha ya Saa Mbili n’igice z’ijoro (20h30′), APR BBC ikazakira REG BBC.

Muri aya makipe uko ari 4 azakina imikino ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ 2024, azakina imikino itanu muri ½, ikipe itsinze itatu ya mbere izahita igera ku mukino wa nyuma.

‘BetPawa’ isanzwe ari umuterankunga w’iy’imikino ya kamparampaka izajya ihemba umukinnyi wahize abandi aho azahabwa ibihumbi 2$ bivuye ku 1500 $.

Ni mugihe umutoza n’abakinnyi bazajya batsinda umukino bazajya bahembwa ibihumbi 65 Frw kuri mukino.

Ikibuga gikinirwaho basketball cyamaze gushyirwamo
Ahabarirwa amanota naho haravuguruwe

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago