IMIKINO

Uburusiya bwimwe Visa mu mikino Paralempike mu Bufaransa

Abakinnyi babiri bakomoka mu Burusiya bujuje ibisabwa kugira ngo babe bahatana mu mikino Olempike nta gihugu bahagarariye ariko u Bufaransa bubangira kwinjira mu gihugu.

Advertisements

Abakinnyi 88 baturuka mu Burusiya ni bo kugeza ubu bemerewe kuba bahatana mu Mikino Paralempike ariko badafite amabendera y’Igihugu cyabo kubera intambara kirimo na Ukraine.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 28 Kanama 2024, ni bwo Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abafite Ubumuga mu Burusiya (RPC), ryatangaje ko u Bufaransa bwakoze ibisa no kuvanga pilitike na siporo.

Itangazo rigira riti “Ibi ntabwo byemewe mu gihugu cyahawe kwakira imikino yo ku rwego rwo hejuru nk’iyi ya Olempike na Paralempike. Birababaje cyane kuba bakora ibintu bibangamira abafite ubumuga.”

“Igihugu cyabahaye byose bisabwa kugira ngo bemererwe guhatana nk’abadafite igihugu bahagarariye, ikibazo gisigara ku bategura irushanwa. Kuki abaryakira badatanga uburenganzira bungana bwo kwinjira kuri buri wese?”.

Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abafite Ubumuga ku Isi (IOC) ryahagaritse abakinnyi baturuka mu Burusiya ndetse na Belarus ku kuba bagaragara mu marushanwa mpuzamahanga ritegura kuva amakimbirane hagati yayo na Ukraine yatangira.

Mu mwaka ushize ryagabanyije ibihano ryemerera bamwe mu bakinnyi kutabuzwa uburenganzira bwabo, ahubwo bagahatana nk’abatagira igihugu na kimwe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago