INKURU ZIDASANZWE

Uganda: Polisi yataye muri yombi umugabo basanganye ibihanga 24 by’abantu

Amakuru dukesha BBC yavuze hari umugabo witwa Ddamulira Godfrey ukomoka muri Uganda wasanganwe ibihanga 24 by’abantu ashobora kuba yarakoreshaga mu kazi ke yita k’ubuvuzi ariko nyamara bigakekwa ko yaba ari nk’ibitambo by’abantu ahubwo.

Umuvugizi wa Polisi Patrick Onyango yavuze ko uwo ucyekwa, Ddamulira Godfrey, azaregwa bijyanye n’itegeko ryo kwirinda no kubuza gutanga igitambo cy’umuntu.

Ibisigazwa by’inyamaswa n’imibiri na byo byasanzwe mu rusengero rwa Godfrey, mu nkengero z’umurwa mukuru Kampala wa Uganda.

Godfrey yasanganywe uduhanga twinshi

Polisi iracyashakisha mu rusengero rwa Godfrey, yizeye kuhakura ibindi bisigazwa by’imibiri y’abantu.

Onyango yagize ati: “Turimo kumurega mbere na mbere hashingiwe ku itegeko ryo kwirinda no kubuza gutanga igitambo cy’umuntu, [ribuza] umuntu kugira [gutunga] ibice by’umubiri w’umuntu n’ibikoresho by’igitambo cy’umuntu.”

“Icyaha nikimuhama, azafungwa burundu.”

Godfrey avuga ko ari umuvuzi gakondo ndetse ko akoresha imiti rwatsi (yo mu bimera). Ariko ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo muri Uganda ryitandukanyije na we.

Ubu si ubwa mbere hatahuwe ibintu nk’ibi biteye ubwoba muri Uganda mu byumweru bya vuba aha bishize.

Mu kwezi gushize, polisi yakuye ibihanga 17 by’abantu mu rusengero rwo mu karere ka Mpigi, rwagati muri Uganda, kari ku ntera ya kilometero hafi 41 uvuye i Kampala.

Ddamulira Godfrey yurizwa imodoka ya Polisi

Uko gutahura ibihanga byombi kwavuzwe ko gufitanye isano n’imihango yo gutanga ibitambo by’abantu.

Abantu bamwe bo mu bihugu byinshi byo muri Afurika bemera ko imbaraga zidasanzwe zivuye mu bice by’umubiri w’umuntu zitera ishaba (zizana amahirwe), nk’urugero kuba umukire, cyangwa umuvumo ku banzi babo.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

7 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago