IMIKINO

Uwayezu Jean Fidele yahamije ko atazongera kwiyamamariza kuyobora Rayon Sports

Uwayezu Jean Fidele usanzwe ari Perezida w’ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko atazongera kwiyamamariza kuyobora iy’ikipe muri manda itaha.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yahaye Flash FM, aho Uwayezu Jean Fidele yahamije ko atazongera kwiyamamariza kuyobora ikipe ya Rayon Sports yaramazemo imyaka ine.

Ni mu kwiyamamaza mu matora yo kuyobora Rayon Sports ateganijwe mu Kwakira 2024 .

Uwayezu Jean Fidele waje muri Rayon Sports mu gihe yari yugarijwe n’ibibazo nyuma y’uko uwari Perezida wayo icyo gihe Munyakazi Sadate, yitabaje umukuru w’igihugu ngo abafashe gukemura ibibazo byari biri muri Rayon Sports.

N’ubwo atishimiwe n’abamwe mu bakunzi ba Rayon Sports bamushinja ku datwara ibikombe ndetse no kugura abakinnyi badashoboye, gusa hari ibyo yagiye akemura harimo no gukemura ibibazo bijyanye no guhemba abakinnyi n’ibindi bijyanye n’Amafaranga muri rusange.

Manda ya Uwayezu Jean Fidele muri Rayon Sports izarangira mu Kwakira 2024 ari nabwo hazaba andi matora.

Rayon Sports, umwaka ushize yagarukiye ku mwanya wa gatatu yewe ikaba itarigeze yegukana igikombe na kimwe gikinirwa ku butaka bw’u Rwanda, ibintu akenshi bitashimishije abakunzi b’iyi kipe yambara umweru n’ubururu.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

19 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

20 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago