IMIKINO

Uwayezu Jean Fidele yahamije ko atazongera kwiyamamariza kuyobora Rayon Sports

Uwayezu Jean Fidele usanzwe ari Perezida w’ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko atazongera kwiyamamariza kuyobora iy’ikipe muri manda itaha.

Advertisements

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yahaye Flash FM, aho Uwayezu Jean Fidele yahamije ko atazongera kwiyamamariza kuyobora ikipe ya Rayon Sports yaramazemo imyaka ine.

Ni mu kwiyamamaza mu matora yo kuyobora Rayon Sports ateganijwe mu Kwakira 2024 .

Uwayezu Jean Fidele waje muri Rayon Sports mu gihe yari yugarijwe n’ibibazo nyuma y’uko uwari Perezida wayo icyo gihe Munyakazi Sadate, yitabaje umukuru w’igihugu ngo abafashe gukemura ibibazo byari biri muri Rayon Sports.

N’ubwo atishimiwe n’abamwe mu bakunzi ba Rayon Sports bamushinja ku datwara ibikombe ndetse no kugura abakinnyi badashoboye, gusa hari ibyo yagiye akemura harimo no gukemura ibibazo bijyanye no guhemba abakinnyi n’ibindi bijyanye n’Amafaranga muri rusange.

Manda ya Uwayezu Jean Fidele muri Rayon Sports izarangira mu Kwakira 2024 ari nabwo hazaba andi matora.

Rayon Sports, umwaka ushize yagarukiye ku mwanya wa gatatu yewe ikaba itarigeze yegukana igikombe na kimwe gikinirwa ku butaka bw’u Rwanda, ibintu akenshi bitashimishije abakunzi b’iyi kipe yambara umweru n’ubururu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago