Uwayezu Jean Fidele usanzwe ari Perezida w’ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko atazongera kwiyamamariza kuyobora iy’ikipe muri manda itaha.
Ibi yabigarutseho mu kiganiro yahaye Flash FM, aho Uwayezu Jean Fidele yahamije ko atazongera kwiyamamariza kuyobora ikipe ya Rayon Sports yaramazemo imyaka ine.
Ni mu kwiyamamaza mu matora yo kuyobora Rayon Sports ateganijwe mu Kwakira 2024 .
Uwayezu Jean Fidele waje muri Rayon Sports mu gihe yari yugarijwe n’ibibazo nyuma y’uko uwari Perezida wayo icyo gihe Munyakazi Sadate, yitabaje umukuru w’igihugu ngo abafashe gukemura ibibazo byari biri muri Rayon Sports.
N’ubwo atishimiwe n’abamwe mu bakunzi ba Rayon Sports bamushinja ku datwara ibikombe ndetse no kugura abakinnyi badashoboye, gusa hari ibyo yagiye akemura harimo no gukemura ibibazo bijyanye no guhemba abakinnyi n’ibindi bijyanye n’Amafaranga muri rusange.
Manda ya Uwayezu Jean Fidele muri Rayon Sports izarangira mu Kwakira 2024 ari nabwo hazaba andi matora.
Rayon Sports, umwaka ushize yagarukiye ku mwanya wa gatatu yewe ikaba itarigeze yegukana igikombe na kimwe gikinirwa ku butaka bw’u Rwanda, ibintu akenshi bitashimishije abakunzi b’iyi kipe yambara umweru n’ubururu.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…