Umunyamakuru akaba n’umushyushya rugamba Anita Pendo yasezeye kuri RBA yaramaze imyaka igera ku icumi ari umukozi wayo.
Ni amakuru Anita Pendo yahamirije DomaNews, avuga ko yamaze gusezerera ku kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ‘RBA’ gusa yirinda byinshi abivugaho.
Ati “Yego nibyo, namaze gusezera, ntabwo nk’iri umunyamakuru wa RBA.”
Anita Pendo yaramaze imyaka igera mu icumi akorera mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ‘RBA’.
Anita Pendo yamenyekanye ubwo yatangiye gukorera kuri Radio ya Magic FM, yibandaga cyane ku gisate cy’imyidagaduro mu mwaka 2014.
Ni ikiganiro cyabimburiraga ibindi kuri iyo Radio, mu gitondo cyitwaga ‘Magic Morning’ arikumwe na Murindwa Augustin nawe utakihabarizwa.
Sibyo gusa kuko yaje no kujya akora ibiganiro by’imyidagaduro kuri Television y’igihugu, mu kiganiro cyitwa Friday Show, aho yafatanyaga na mugenzi we Gitego.
Uyu mubyeyi w’abana babiri yavuze ko n’ubwo yasezeye adasezeye itangazamakuru.
Hari amakuru avuga ko Anita Pendo ashobora guhabwa akazi kuri Kiss FM, iherutse gutakaza Sandrine Isheja wayikoreraga akaba yarahawe inshingano zo gukorera muri RBA nk’umuyobozi wungirije w’iki kigo.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…