Umunyamakuru akaba n’umushyushya rugamba Anita Pendo yasezeye kuri RBA yaramaze imyaka igera ku icumi ari umukozi wayo.
Ni amakuru Anita Pendo yahamirije DomaNews, avuga ko yamaze gusezerera ku kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ‘RBA’ gusa yirinda byinshi abivugaho.
Ati “Yego nibyo, namaze gusezera, ntabwo nk’iri umunyamakuru wa RBA.”
Anita Pendo yaramaze imyaka igera mu icumi akorera mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ‘RBA’.
Anita Pendo yamenyekanye ubwo yatangiye gukorera kuri Radio ya Magic FM, yibandaga cyane ku gisate cy’imyidagaduro mu mwaka 2014.
Ni ikiganiro cyabimburiraga ibindi kuri iyo Radio, mu gitondo cyitwaga ‘Magic Morning’ arikumwe na Murindwa Augustin nawe utakihabarizwa.
Sibyo gusa kuko yaje no kujya akora ibiganiro by’imyidagaduro kuri Television y’igihugu, mu kiganiro cyitwa Friday Show, aho yafatanyaga na mugenzi we Gitego.
Uyu mubyeyi w’abana babiri yavuze ko n’ubwo yasezeye adasezeye itangazamakuru.
Hari amakuru avuga ko Anita Pendo ashobora guhabwa akazi kuri Kiss FM, iherutse gutakaza Sandrine Isheja wayikoreraga akaba yarahawe inshingano zo gukorera muri RBA nk’umuyobozi wungirije w’iki kigo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…