RWANDA

Anita Pendo wakoreraga ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ‘RBA’ yasezeye

Umunyamakuru akaba n’umushyushya rugamba Anita Pendo yasezeye kuri RBA yaramaze imyaka igera ku icumi ari umukozi wayo.

Ni amakuru Anita Pendo yahamirije DomaNews, avuga ko yamaze gusezerera ku kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ‘RBA’ gusa yirinda byinshi abivugaho.

Ati “Yego nibyo, namaze gusezera, ntabwo nk’iri umunyamakuru wa RBA.”

Anita Pendo yaramaze imyaka igera mu icumi akorera mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru ‘RBA’.

Anita Pendo yamenyekanye ubwo yatangiye gukorera kuri Radio ya Magic FM, yibandaga cyane ku gisate cy’imyidagaduro mu mwaka 2014.

Ni ikiganiro cyabimburiraga ibindi kuri iyo Radio, mu gitondo cyitwaga ‘Magic Morning’ arikumwe na Murindwa Augustin nawe utakihabarizwa.

Sibyo gusa kuko yaje no kujya akora ibiganiro by’imyidagaduro kuri Television y’igihugu, mu kiganiro cyitwa Friday Show, aho yafatanyaga na mugenzi we Gitego.

Uyu mubyeyi w’abana babiri yavuze ko n’ubwo yasezeye adasezeye itangazamakuru.

Hari amakuru avuga ko Anita Pendo ashobora guhabwa akazi kuri Kiss FM, iherutse gutakaza Sandrine Isheja wayikoreraga akaba yarahawe inshingano zo gukorera muri RBA nk’umuyobozi wungirije w’iki kigo.

Anita Pendo yamaze gusezera kuri RBA

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 seconds ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

42 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago