RWANDA

Hamenyekanye icyatumye Gen Major Martin Nzaramba yirukanwa mu gisirikare cy’u Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Kanama ni bwo RDF yasohoye itangazo rivuga ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, yirukanye mu ngabo z’u Rwanda Gen. Major Martin Nzaramba, Col Dr Etienne Uwimana ndetse n’abandi ba Ofisiye bakuru ndetse n’abato 19”.

Iryo tangazo kandi rivuga ko Umukuru w’Igihugu yategetse iyirukanwa ndetse n’iseswa ry’amasezerano ry’abandi basirikare bato 195.

Nyuma yo kwirukanwa muri RDF ntihahise hatangazwa amakosa baba barakoze.

Icyakora Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga yasobanuye ko Maj Gen Nzaramba yirukanwe azira ibyaha bya ruswa ndetse no kunyereza amafaranga yari agenewe gutunga abasirikare; ibyaha yakoze ubwo yari akiyobora Ishuri rya Gisirikare ry’i Nasho mu karere ka Kirehe.

Yagize ati: “Gen Maj Nzaramba yirukanywe kubera ruswa no gukoresha nabi amafaranga yari agenewe kwita ku mibereho y’abasirikare ubwo yari mu nshingano nk’Umuyobozi w’Ikigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Nasho.”

Col Dr Uwimana we yirukanywe kubera amakosa akomeye no kunyuranya n’amahame n’indangagaciro ziranga igisirikare cy’u Rwanda (RDF).

Usibye aba, Brig Gen Rwivanga waganiraga na IGIHE yasobanuye ko abandi birukanywe barimo abakoze ibyaha bya ruswa n’indi myitwarire mibi.

Yavuze ko RDF yiyemeje kutazadohoka ku ihame ryo kurwanya ruswa, imyitwarire mibi no kutagira ikinyabupfura mu bayigize.

Gen. MajNzaramba na bagenzi be birukanwe muri RDF biyongera ku bandi basirikare birukanwe muri Kamena umwaka ushize barimo ba Maj Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda.

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

22 minutes ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

42 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

1 hour ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago