INKURU ZIDASANZWE

RD Congo yatangije “Ubukangurambaga” bwo kurega u Rwanda muri ICC

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 29 Kanama 2024, ubutegetsi bwa RDC i Kinshasa bwatangije, ubukangurambaga bwiswe “ICC, Ubutabera kuri DRC” nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ubutabera wungirije, ushinzwe imanza mpuzamahanga, Samuel Mbemba, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kinshasa.

Advertisements

Asobanura ko binyuze muri iyi gahunda, Guverinoma ishaka kubona mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha hakorwa iperereza ku “mahano yakozwe n’u Rwanda mu burasirazuba bwa DRC” Kandi asaba inkunga y’Abanyekongo bose kugira ngo iki gikorwa kigende neza.

Samuel Mbemba mu kiganiro n’itangazamakuru

Yagize ati: “Ndasaba imiryango itegamiye kuri Leta yemewe, ikorera muri RDC nk’imiryango itegamiye kuri Leta iharanira uburenganzira bwa muntu, gushyigikira abaturage ba Congo mu gushaka ubutabera imbere ya ICC. Nta mpamvu ko mu gihe Umuryango w’Abibumbye wemera ko uburenganzira bwa muntu bwahungabanijwe muri DRC na Paul Kagame, imiryango itegamiye kuri leta yemewe hano igomba guceceka. Ndasaba kandi urubyiruko rwo muri Congo kwitabira ubu bukangurambaga hagamijwe gusaba ubutabera ICC. ICC ireke gutinda. ”

Mediacongo.net dukesha iyi nkuru ivuga ko Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) watangaje ko ku itariki ya 26 Nzeri 2024, uzumva mu ruhame icyifuzo cya RDC kirega u Rwanda ibyaha byakorewe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ngo rwitwikiriye umutwe w’inyeshyamba M23.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago