Indirimbo ‘Sikosa’ y’umuhanzi Kevin Kade, The Ben na Element Eléeeh yamaze kugarurwa ku rubuga rwa YouTube nyuma y’uko yari yasibwe.
Kuwa Kane tariki 29 Kanama 2024, nibwo indirimbo ‘Sikosa’ y’umuhanzi Kevin Kade yahurijemo abarimo The Ben na Element Eléeeh wayikoze yasibwe.
Ni indirimbo nshya yarimaze iminsi mike itageze no mu cyumweru igeze hanze, aho yakiriwe mu buryo bwiza ku bakunzi b’aba bahanzi uko ari batatu ikaba yarimaze kurebwa n’abarenga miliyoni kuri urwo rubuga rwa YouTube.
Ushinzwe kureberera ibikorwa bya Kevin Kade, Muhizi Serge yari yatangaje ko uwari wibye iyo yayishyize kuri YouTube anyuze kuri sosiyete isanzwe ifasha abahanzi gusakaza ibihangano byabo ku mbuga zibigurisha ‘One rpm’, gusa icyo gihe bahise batangira ibiganiro n’ubuyobozi bw’iyi sosiyete ku buryo indirimbo yahita igarurwa.
Nyuma yo kugirana ibiganiro indirimbo iyi sosiyete yaje gusanga indirimbo ‘Sikosa’ ari igihangano cy’umwimerere cy’umuhanzi Kevin Kade.
Kuri ubu iyi ndirimbo ‘Sikosa’ yamaze kugarurwa ku rubuga rwa YouTube channel y’umuhanzi Kevin Kade ndetse kugeza kuri ubu abantu miliyoni 1 na 200 bamaze kuyireba.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…