Indirimbo ‘Sikosa’ y’umuhanzi Kevin Kade, The Ben na Element Eléeeh yamaze kugarurwa ku rubuga rwa YouTube nyuma y’uko yari yasibwe.
Kuwa Kane tariki 29 Kanama 2024, nibwo indirimbo ‘Sikosa’ y’umuhanzi Kevin Kade yahurijemo abarimo The Ben na Element Eléeeh wayikoze yasibwe.
Ni indirimbo nshya yarimaze iminsi mike itageze no mu cyumweru igeze hanze, aho yakiriwe mu buryo bwiza ku bakunzi b’aba bahanzi uko ari batatu ikaba yarimaze kurebwa n’abarenga miliyoni kuri urwo rubuga rwa YouTube.
Ushinzwe kureberera ibikorwa bya Kevin Kade, Muhizi Serge yari yatangaje ko uwari wibye iyo yayishyize kuri YouTube anyuze kuri sosiyete isanzwe ifasha abahanzi gusakaza ibihangano byabo ku mbuga zibigurisha ‘One rpm’, gusa icyo gihe bahise batangira ibiganiro n’ubuyobozi bw’iyi sosiyete ku buryo indirimbo yahita igarurwa.
Nyuma yo kugirana ibiganiro indirimbo iyi sosiyete yaje gusanga indirimbo ‘Sikosa’ ari igihangano cy’umwimerere cy’umuhanzi Kevin Kade.
Kuri ubu iyi ndirimbo ‘Sikosa’ yamaze kugarurwa ku rubuga rwa YouTube channel y’umuhanzi Kevin Kade ndetse kugeza kuri ubu abantu miliyoni 1 na 200 bamaze kuyireba.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…