RWANDA

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abasirikare basaga 600

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yazamuye mu ntera abasirikare basaga 600 barimo babiri bavuye ku ipeti rya Colonel bashyirwa ku rya Brigadier General naho 14 bashyirwa ku ipeti rya Colonel.

Advertisements

Itangazo ryashyizwe hanze n’ingabo z’u Rwanda rigaragaza ko abashyizwe ku ipeti rya Brigadierl General ari COL. Justus Majyambere na Col. Louis Kanobayire.

Majyambere wazamuwe mu ntera asanzwe ari Umuyobozi wa Diviziyo ya Gatanu mu ngabo z’u Rwanda naho Kanobayire ni Umuyobozi w’Ishuri rya RDF ryigisha ingabo zirwanira mu kirere.

Abazamuwe ku ipeti rya Colonel ni Lt Col Francis Nyagatare, Lt Col Jessica Mukamurenzi, Lt Col Mulinzi Mucyo, Lt Col Alexis Kayisire, Lt Col Emmanuel Rutebuka, Lt Col Jacques Nzitonda, Lt Col Ephraim Ngoga, Lt Col Emmanuel Rukundo, Lt Col Silver Munyaneza Akarimugicu, Lt Col Tanzi Mutabaruka, Lt Col Prosper Rutabayiru, Lt Col Hubert Nyakana, Lt Col Joseph Kabanda na Lt Col Danny Gatsinzi.

Perezida Kagame kandi yazamuye mu ntera abasirikare 30 abashyira ku ipeti rya Lieutenat Colonel, abasirikare 280 bashyizwe ku ipeti rya Major, abasirikare 40 bashyirwa ku ipeti rya Lieutenant, 270 bashyirwa ku ipeti rya Lieutenant n’abandi icyenda basanzwe ari abaganga bashyizwe ku ipeti rya Lieutenant.

Izamurwa mu ntera ry’abasirikare ryaherukaga muri Kamena uyu mwaka ubwo Minisitiri w’Ingabo yazamuraga mu ntera abasirikare bato basaga 4000.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago