IMYIDAGADURO

Francisa Owumi wamamaye mu irushanwa rya Big Brother yapfuye bitunguranye

Umwe mu bagore bamamariye mu irushanwa rya Big Brother Francisa Owumi yapfuye nyuma y’uko hadaciye iminsi bivuzwe ko arwaye.

Ni amakuru yemejwe n’abagize umuryango we mu itangazo bashyize ku mbuga nkoranyambaga kuwa 29 Kanama 2024.

Mu ifoto yasangijwe ku mbuga nkoranyambaga iherekejwe n’amagambo y’akababaro bagize bati “Umwana wacu. Imana imuhe iruhuko ridashira, Amina”.

Mbere yaho Francisa Owumi ni umwe mu bagore witabiriye irushanwa rya Big Brother muri Nigeria ryatambukaga kuri television ubwo ryatangizwaga mu mwaka 2006.

Ni irushanwa ritamuhiriye no kuryegukana gusa yaje gutoranywa mu ijonjora ry’ibanze.

Uyu azahora yibukirwa mu mbyino zikakaye muri iryo rushanwa, nyakwigendera Francisca yari kumwe mu nzu imwe na Katung Aduwak waje kwegukana igihembo cy’irushanwa, Ebuka Obi Uchendu, Gideon Okeke, Maureen Osuji, Ify Ejikeme, Joseph Ada waje kwitaba Imana n’abandi. Nyuma y’iki gitaramo, nyakwigendera Francisca yigaragaje cyane mu muziki wa Nigeria hamwe n’indirimbo ebyiri yise Gbadun You n’iyitwa Diva.

Francisca Owumi yapfuye azize uburwayi

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

3 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

4 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

4 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

5 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

1 day ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago