IMYIDAGADURO

Imyaka 3 irashize, Umuraperi Jay Polly yitabye Imana

Umuraperi warukunzwe ku rwego rukomeye mu muziki w’u Rwanda Jay Polly yitabye Imana ku myaka 33.

Advertisements

Byari kuwa Kane tariki 2 Nzeri 2021, ubwo Tuyishime Joshua AKA Jay Polly yitabaga Imana aguye mu bitaro bya Muhima mu rukerera azize uburwayi.

Uyu muraperi wubatse izina kubera imiririmbire ye rimwe yagiraga ubutumwa bw’ihari yagiye gupfa ariko yari amaze igihe akurikiranwa mu butabera kubera icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.

Jay Polly warumaze gukatirwa gufungwa iminsi 30 ubwo ubushinjacyaha bwari bukiri mu iperereza, yari yahawe itariki azaburaniraho urubanza mu mizi.

Mu mwaka 2019, uyu muraperi wari wubatse izina muri Hip Hop, yasohotse muri gereza ya Mageragere yaramazemo amezi atanu, nyuma y’uko urukiko rw’ibanze rwa Gasabo rwari rwamuhamije icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umugore we akamukura amenyo. Icyaha yari yakoze mu kwezi kwa Kanama (8) mu mwaka 2018.

Mu mwaka wa 2014, Jay Polly yabaye umwe mu bahanzi icumi bitabiriye amarushanwa ya PGGSS4, aho yagiye agararizwa urukundo rwinshi kubera ibihangano bye byakoraga benshi ku mutima.

Kuwa 30 Nyakanga 2014, ubwo hasojwe irushanwa rya PGGSS4 byarangiye Jay Polly aryegukanye ahabwa miliyoni 24 z’amafaranga y’u Rwanda.

Tuyishime Joshua wamamaye nka Jay Polly yavutse ku wa 5 Nyakanga 1988, avukira i Gikondo mu Mujyi wa Kigali.

Nyakwigendera Jay Polly yitabye Imana asize abana babiri yabyaranye na Uwimbabazi Shariffa waruzwi nk’umugore we n’ubwo batari barasezeranye mu mategeko.

Jay Polly yafatwaga nk’umuraperi waruyoboye injyana ya Hip Hop mu Rwanda

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago