Mu Karere ka Nyanza haravugwa umusore watawe muri yombi akekwaho gukubita no gukomeretsa mugenzi we bapfa umukobwa wigurishaga (indaya).
Ibi byabaye mu gicuku cyo ku wa Gatanu tariki ya 30 Kanam2024, bibera mu karere ka Nyanza mu Murenge wa Mukingo mu kagari ka Gatagara mu mudugudu wa Kinyogoto.
UMUSEKE wamenye amakuru ko Umusore witwa Olivier w’imyaka 23 yafashwe akekwaho gukubita akanakomeretsa mu mutwe uwitwa Pierre w’imyaka 21 bikekwa ko bapfuye indaya itaramenyekana imyirondoro.
Uwakomeretse yahise ajyanwa ku bitaro i Nyanza kwitabwaho n’abaganga.
Amakuru avuga ko mu gukomereka kuriya musore byatewe ni uko bombi bashakaga kuryamana n’iriya ndaya niko kurwana.
Ntacyo ubuyobozi buragira icyo buvuga kuri uru rugomo.
Ukekwaho gukora ruriya rugomo yajyanywe kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…