Namenye Patrick wari umunyamabanga mukuru wa Rayon Sports yamaze kumenyesha ubuyobozi bw’iyikipe ko nyuma y’iminsi 30 atazaba akiri mu nshingano.
Ni mugihe yari asigaje ukwezi kumwe kwa 9 ngo manda yatorewe irangira, cyane ko amatora muri Rayon Sports ateganyijwe mu kwezi kwa 10, byumvikana ko atazongera kwiyamamariza iy’imirimo.
Namenye yagiye agarukwaho n’abakunzi ba Rayon Sports mu gihe yari mu bashinzwe igura ry’abakinnyi muri iy’ikipe, bavuga ko azana abakinnyi badashoboye kugeza ubwo yaje gukurwa mu bashinzwe gushakira abakinnyi ikipe ya Rayon Sports.
Mu munsi ishize nibwo (Daf w’Association) Adrien Nkubana yari yatangaje ko yeguye, ariko aza kwisubiraho yemera kuba asubiye mu kazi.
Abakunzi ba Rayon Sports bakomeje kugaragaza ko batishimiye ubuyobozi buriho muri iy’ikipe bitewe no kuba mu myaka 4 bamaze ntagikombe cya shampiyona bigeze batwara.
Kurundi ruhande Perezida wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele nawe amakuru ahari ni uko yamaze gutangaza ko atazongera kwiyamamariza kuyobora iy’ikipe.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…