IMIKINO

Amavubi yihagazeho imbere ya Libya mu gutangira urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika 2025

Umukino wa mbere utangira urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu cya 2025, wahuje u Rwanda rwakiriwe na Libya i Tripoli warangiye amakipe yombi agabanye amanota ku gitego 1-1 mu itsinda D.

Advertisements

Ni umukino wabereye kuri Sitade yitirimwe tariki 11 Kamena mu mujyi wa Tripoli muri Libya.

Ikipe ya Libya yari imbere y’abafana bayo batari benshi mu gihe umukino watangiraga, yatangiye ishaka igitego hakiri kare ariko abakinnyi b’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda bakomeza kwitwara neza.

Ku munota wa 16 w’igice cya mbere, ikipe y’igihugu ya Libya yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Subhi Mabrouk Al-Dhawi nyuma y’uko ba myugariro bagize uburangare.

Amavubi yatangiye gushaka uko yakwishyura igitego binyuze ku bakinnyi baca kumpande bataka izamu ariko abakinnyi ba Libya bakomeza kubabera ibamba.

Igice cya mbere ubwo cyaburaga iminota itanu ngo cyirangira umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Frank Spittler yakoze impinduka zatunguranye, akuramo Kwizera jojea wari wabonye ko atari gukina nk’uko asanzwe akina yinjiza Samuel Guelette.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Libya iyoboye n’igitego 1-0 bw’u Rwanda.

Igice cya kabiri Amavubi yatangiye neza hakiri kare babona igitego cyo kwishyura ku munota wa 47, cyatsinzwe na rutahizamu Nshuti Innocent.

Ikipe y’Igihugu ya Libya yakomeje gushaka igitego cya kabiri nk’ikipe yari murugo imbere y’abafana ariko u Rwanda rukomeza kurinda izamu neza kugeza mu minota 10 ya nyuma.

Mu mpinduka umutoza w’ikipe y’u Rwanda Frank yakoze, yakuyemo Rubanguka Steve, yinjiza Mugisha B, ndetse akuramo Mugisha Gilbert, yinjiza Mugisha D.

Umukino warangiye ari igitego 1-1, u Rwanda rubona inota rya mbere imbere ya Libya, mu mukino wa mbere wo gusha itike y’igikombe cy’Afurika 2025.

Umukino wa kabiri u Rwanda ruzakira ikipe y’igihugu ya Nigeria tariki 10 Nzeri kuri Sitade Amahoro.

Dore abakinnyi 11 umutoza w’ikipe y’Igihugu Frank Spittler yari yahisemo kubanza mu kibuga: Ntwari Fiacre, Omborenga Fitina, Niyomugabo Claude, Mutsinzi Ange, Manzi Thierry, Kwizzera Jojea, Rubanguka Steven, Bizimana Djihad, Nshuti Innocent, Muhire Kevin, na Mugisha Bonheur.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku ruhande rw’u Rwanda
Mugisha Gilbert wigaragaje muri uyu mukino
Muhire Kevin yagoye abakinnyi ba Libya hagati mu kibuga
Niyomugabo Claude witwaye neza mu mukino
Kapiteni Bizimana Djihad wirinze gukora amakosa hagati mu kibuga

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago