IMIKINO

APR BBC na Patriots BBC zakatishije itike yo gukina imikino ya nyuma ya ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Ikipe ya APR BBC na Patriots BBC nizo zakatishije itike yo kuzakina imikino ya nyuma ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ 2024, nyuma y’uko zibonye intsinze eshatu muri itanu zisabwa muri ½ kugira ngo ukomeze mu kindi cyiciro.

Advertisements

APR BBC yasezereye REG BBC bari bahanganye iy’itsinze imikino 3-0, mu gihe Patriots yasezereye Kepler BBC nayo iy’itsinze imikino 3-0, zihita zikatisha itike yo gukina umukino wa nyuma.

Iyi mikino yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nzeri 2024, muri Petit Stade yavuguruwe.

Ni imikino yitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri wa Siporo Nyirishema Richard, Umuyobozi wa NBA Afurika Clare Akamanzi, ndetse na Perezida w’ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda Mugwiza Desire.

Minisitiri wa Siporo Nyirishema Richard, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi na Perezida wa FERWABA, Mugwiza Desire

REG BBC na Kepler BBC zasabwaga gutsinda umukino wa gatatu kugira ngo bakomeze gukina indi mikino, ibintu byari bigoye.

REG BBC yongeye gutakaza umukino wa gatatu itsinzwe amanota 66-61 APR BBC igera ku mukino wa nyuma.

Mu mukino wari wabanje wari wahuje Patriots BBC na Kepler BBC warangiye Patriots BBC itsinze Kepler BBC amanota 89-66 yuzuza intsinzi eshatu ziyigeza ku mukino wa nyuma.

APR BBC ifite Igikombe giheruka cya 2023 na Patriots BBC ifite igikombe cya 2020 zizahurira ku mukino wa nyuma, aho umukino wa mbere uteganyijwe tariki 11 Nzeri muri BK Arena.

Hazakinwa imikino irindwi gusa ikipe itanga indi gutsinda imikino ine izegukana igikombe ndetse ikatishe tike yo gukina imikino ya BAL.

Umukino wa Patriots BBC yegukanye intsinzi ya gatatu muri itanu yasabwaga itsinze Kepler BBC
Prince Ibeh yakinnye uyu mukino
Ikipe ya APR BBC yageze ku mukino wa nyuma wa ‘BetPawa Playoffs’ isezereye REG BBC ku ntsinzi 3-0
Isaiah Miller ukomeje gufasha ikipe ya APR BBC

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago