IMIKINO

Rebecca wasiganwaga ku maguru yapfuye nyuma y’uko asutsweho lisansi n’umukunzi we

Umukinnyi mpuzamahanga wasiganwaga ku maguru ukomoka muri Uganda Rebecca Cheptegei yapfuye nyuma y’iminsi micye arembeye mu bitaro byo muri Kenya, amaze gutwikwa n’uwahoze ari umukunzi we wamusutseho lisansi.

Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku maguru muri Uganda rubinyujije ku rubuga X rwemeje iby’uru rupfu.

Iri shyirahamwe rivuga ko Cheptegei yapfuye “kare muri iki gitondo biturutse ku rugomo yakorewe murugo”.

Umuryango we ntabwo uremeza iby’uru rupfu ariko Dr Owen Menach ukuriye ibitaro bya Moi Teaching and Referral Hospital mu mujyi wa Eldoret yabwiye ibinyamakuru byaho ko Rebecca yapfuye nyuma y’uko ingingo zose zo mu mubiri we zihagaze.

Rebecca yari asanzwe ari umusirikare mu ngabo za Uganda, kandi ni we mugore muri icyo gihugu ufite umuhigo wo kwiruka marathon akoresheje 2:22:47, umuhigo yaciye mu 2022 muri marathon ya Abu Dhabi muri United Arab Emirates.

Rebecca wari ufite imyaka 33, yarangije ari uwa 44 mu gusiganwa marathon mu mikino Olempike iheruka i Paris mu Bufaransa.

Abategetsi bavuga ko ku cyumweru gishize ubwo yari avuye gusenga we n’abana be babiri, yasagariwe na Dickson Marangach umugabo wahoze ari umukunzi we, ari iwe mu mujyi muto wa Endebess ari naho yitoreza mu burengerazuba bwa Kenya.

Marangach yamusutseho lisansi maze aramutwika nyuma y’intonganya hagati yabo, nk’uko byatangajwe n’abaturanyi babo.

Cheptegei yatabawe n’abaturanyi ajyanwa ku bitaro ariko yari yagize ubushye bugera kuri 80% by’umubiri we, nk’uko abaganga babitangaje.

Cheptegei, ukomoka mu karere ko hirya y’umupaka muri Uganda, bivugwa ko yari yaraguze ubutaka mu ntara ya Trans Nzoia muri Kenya akabwubakamo inzu. Ako gace karimo ibigo byinshi abasiganwa ku maguru bitorezamo.

Amakimbirane yaba bombi ngo yaturutse kuri icyo kibanza nyakwigendera yari yaraguze muri Kenya, ahabera ibigo byo kwitorezamo.

Ni ibintu na Se wa nyakwigendera Joseph Cheptegei wari waravuze ko umwana we ashaka kwamburwa ubutaka bwe bidakwiriye.

Rebecca Cheptegei yitabye Imana aguye mu bitaro

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago