IMIDERI

Umunyamiderikazi Paulina Lerch yishwe arashwe n’umukunzi we

Umunyamiderikazi w’icyamamare wamamaye kuri television yasanzwe yarashwe n’umukunzi we mu rugo aho bari batuye mbere y’uko uyu musore bamusangana imbunda.

Bivugwa ko umurambo wa nyakwigendera Paulina Lerch w’imyaka 33 watahuwe nyuma y’uko umuryango we warumaze icyumweru cyose batamuca iryera bagatangira kumubaririza.

Paulina Lerch ni umwe mu bakobwa bakomoka mu gihugu cya Polonye bari bamaze kubaka izina mu bijyanye no kumurika imideri.

Ku cyumweru, tariki ya 1 Nzeri, Polisi ikeka ko umugabo we Sławomir w’imyaka 47 yamurashe nawe agahitamo kwiyahura mu rugo rwabo aho bari batuye hafi y’Umujyi wa Poznan, muri Polonye.

Bivugwa ko Sławomir yasanzwe aryamye iruhande rw’umugore we Lerch afite ibikomere by’amasasu ku mubiri  we.

Ubwo inzego zishinzwe umutekano zahageraga zasanze inzu ifunze, barwanye no gufungura inyubako bakigeramo imbere, ku mirambo bahasanze ubwoko bw’imbunda ya revolver iruhande rwabo.

Muri Mata na Gicurasi uyu mwaka, Sławomir yari yafunzwe akekwaho gucuruza ibiyobyabwenge ubwo yabitanwaga hamwe n’abandi bantu 30, ni nyuma yo gufatanwa ibiro 60 by’ibiyobyabwenge basanganwe bubiko bwabo. Yari yarekuwe by’agateganyo mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka.

Ubukwe bwa Lerch na Sławomir babugize ubwiru kuko ntibashatse ko hari ababwitabira.

N’ubwo aba bombi bamaze kwitaba Imana, ntiharamenyekana amakuru mpamo yerekeye gupfa kwabo, nimba Paulina ari ukwicwa cyangwa ari ukwiyahura kwabo bombi.

Umuryango wa Paulina wavuze ko hari hashize icyumweru kirenga nta makuru y’umwana wabo baherukaga mbere y’uko umurambo we uboneka. Bityo bahise bahamagara inzego zibishinzwe kubera impungenge y’imibereho ye.

Amakuru ahari ni uko iperereza rigendanye n’iraswa ryahise ritangira gukorwa.

Umunyamiderikazi Paulina Lerch yishwe arashwe n’umugabo we nawe ariyahura
Mu rugo rw’aba nyakwigendera

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago