Umuraperi w’umunyamerika Rich Homie Quan yitabye Imana aguye mu rugo we ku myaka 34.
Dequantes Lamar wamamaye nka Rich Homie Quan yaramaze kwandika izina rikomeye mu njyana ya Hip Hop ni umwe mu bamenyakanye cyane mu ndirimbo Flex (oh oh oh) yaciye ibintu hanze aha.
Nk’uko amakuru yemejwe na TMZ avuga ko uyu muraperi yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki 5 Nzeri 2024, aguye mu rugo, aho yaratuye i Atlanta bikaba bikekwa ko yaba yazize kunywa ibiyobyabwenge byinshi.
Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ahabugenewe mu gace ka Fulton nk’uko byemejwe n’umuryango we.
Umuryango we wagaragaje akababaro kabo, bavuga ko “bashenguwe umutima n’urupfu rw’amayobera ” kubera urupfu rwe rwaje rutunguranye. Nta mpamvu y’urupfu yigeze ivugwa, kandi umuryango urimo gushakisha intandaro y’urwo rupfu.
Rich Homie Quan yamenyekanye bwa mbere muri 2013 mu ndirimbo nka ‘Type of Way’, yahise ituma akorana indirimbo na bamwe mu bahanzi bakomeye b’i Atlanta, barimo Young Thug, 2 Chainz, na Jacquees. Yabaye kandi mu mushinga wa Cash Money Records, Rich Gang.
Rich Homie Quan mu kiganiro aherutse kugira yagaragaje ko ahangayikishijwe na Hip Hop, aho yavuze ko yamaze guta umurongo n’umwimerere.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…