IMIKINO

Umwongereza Krumesh Patel yagizwe umutoza wa REG WBBC

Ikipe ya REG WBBC yasinyishije umutoza mushya w’umwongereza Krumesh Patel ugiye kuyifasha mu mikino ya Super Cup na ‘BetPawa Playoffs’ 2024.

Nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’ikipe ya REG WBBC bwatangaje ko uyu mutoza ari bugere i Kigali kuri uyu wa Kane tariki 5 Nzeri 2024.

Imikino ya Super Cup irimo kugana ku musozo iteganyijwe gusoza hagati ya tariki 18-20 Nzeri 2024.

Ni mugihe imikino ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ 2024, itanga igikombe cya shampiyona iteganyijwe gutangira tariki 28 Nzeri 2024.

REG WBBC yarisanzwe itozwa n’umutoza Mukaneza Esperance.

Krumesh Patel w’imyaka 34 y’amavuko yabaye umutoza wigaragaje uyu mwaka 2024, akaba yaregukanye igikombe Nyafurika, Patel kandi yabaye umutoza mwiza wa 2022-23 muri shampiyona y’Ubwongereza ubwo yatozaga ikipe ya Leicester Riders aho yari ahanganye mu makipe y’imbere.

Uyu mutoza kandi mu mwaka 2023-24 yari umutoza wungirije mu ikipe ya London Lions y’abagore yatwaye igikombe cya Euro itsinze ku mukino wa nyuma Besiktas yo muri Turikiya.

Krumesh Patel yatwaye igikombe cya Euro mu bagore ubwo yari mu ikipe ya London Lions

Krumesh Patel ufite uburambe mu butoza, niwe watoje ikipe y’igihugu y’Ubwongereza y’abagore y’abatarengeje imyaka 18 mu mwaka 2024, kimwe no mu mwaka wa 2023 aho yabaye umutoza w’ikipe y’igihugu y’Ubwongereza y’abatarengeje 20, ndetse muri uwo mwaka akaba ari nawe warufite ikipe y’igihugu y’Ubwongereza y’abagore y’abatarengeje 23 mu irushanwa rya 3×3.

Mbere yaho mu mwaka 2020-22 yatozaga ikipe ya Wetterbygden Sparks yo muri Sweden.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago