Kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Nzeri 2024, ku kibuga cy’inyuma ya Stade Amahoro habereye umukino wa gicuti wahuje ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ na Police Fc.
Ni umukino warangiye ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ itsinze ikipe ya Police Fc igitego 1-0.
Ni igitego cyatsinzwe n’umukinnyi ukinira ikipe ya APR Fc Ruboneka Bosco.
Uyu mukino uri mu rwego rwo gukomeza kwitegura imikino y’irushanwa ry’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu cya 2025 kizabera muri Maroc.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ iheruka kunganya n’ikipe ya Libya yari mu rugo igitego 1-1, mu rugendo rwo rutangira gushaka itike y’igikombe cy’Afurika.
‘Amavubi’ ari kwitegura umukino wa kabiri izakiramo ikipe y’igihugu ya Nigeria kuwa 10 Nzeri 2024, kuri Stade Amahoro.
Nigeria kuri uyu wa Gatandatu mbere y’uko iza i Kigali, irabanza gukina umukino wayo wa mbere n’ikipe Benin mu itsinda D barikumwe n’u Rwanda na Libya.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…