IMIKINO

Dushimimana Olivier ‘Muzungu’ ukinira APR Fc yasezerewe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’

Dushimimana Olivier usanzwe ubarizwa mu ikipe ya APR Fc wari mu mwiherero w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yamaze gukurwamo asimbuzwa mugenzi we bakinana mu ikipe imwe.

Advertisements

Umutoza w’ikipe y’igihugu Frank Spittler yakoze impinduka mu bakinnyi mu rwego rwo kwitegura umukino afitanye na Nigeria akuramo Olivier Muzungu yinjiza Niyibizi Ramadhan.

Dushimimana Olivier Muzungu wa APR FC yamaze gusohoka mu mwiherero ,maze hinjira Niyibizi Ramadhan na we ukinira APR FC.

Ramadhan yamaze gutangitangirana n’abandi imyitozo bitegura Nigeria ,nyuma yo kunganya na Libya.

Niyibizi Ramadhan ukina asatira izamu asimbuye Olivier Muzungu nawe ukina asatira.

Amavubi aritegura umukino wa kabiri mu itsinda rya D aho tariki 10 Nzeri azakira Nigeria kuri Stade Amahoro mu rwego rwo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cyizaba muri 2025 muri Morocco.

Niyibizi Ramadhan yasimbuye Dushimimana Olivier ‘Muzungu’

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago