Umunyezamu w’ikipe ya Hwange Lusumbami FC, Johnson Shumba, yitabye Imana mu buryo bubabaje aguye mu kibuga nyuma y’imvune ikomeye yagize mu mukino w’umupira w’amaguru bakinaga.
Shumba, bivugwa ko yarafite imyaka 20, yapfiriye mu bitaro bya Mpilo, aho yari ari kwivuriza nyuma yo kugongana mu kibuga.
Iyi mpanuka yabaye mu mukino wo mu cyiciro cya kabiri cyabereye mu Ntara ya Matabeleland y’Amajyaruguru yo hagati mu gihugu cya Zimbabwe wahuje ikipe ya Lusumbami FC na Hwange FC. Shumba yagonganye n’umukinnyi bahanganye mu gihe cy’umukino, agira imvune ikomeye yaje kuba intandaro yo kubura ubuzima bwe. N’ubwo abaganga bagerageje bamuramire ubuzima kugira ngo bamukize, byarangiye ajyanwe mu bitaro ari naho yaje kugwa.
Lusumbami FC yemeje aya makuru ababaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo, agaragaza akababaro kandi inahumuriza umuryango wa Shumba. Aho banditse bagira ati:
“N’akababaro gakomeye aho twemeje urupfu rw’umunyezamu twakundaga, Johnson Shumba, muri iki gitondo mu bitaro bya Mpilo. Twese twihanganishije umuryango wa Shumba, umuryango wose w’umupira w’amaguru, ndetse n’umuryango wa Lusumbami FC muri iki gihe kitoroshye. ”
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…
José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…